POLITIKE

U Rwanda na Kazakhstan basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro

Igihugu cy’u Rwanda na Kazakhstan basinyanye amasezerano y’ubutwererane ashingiye ku bucuruzi, ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubuhinzi.

Advertisements

Amasezerano yashyizweho umukono n’impande zombi kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, nyuma y’ibiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye na mugenzi we wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev, mu Mujyi wa Astana.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Kazakhstan, byatangaje ko ibi biganiro byabereye mu muhezo, byibanze ku ntego zihuriweho mu kugera ku iterambere rirambye.

Perezida Tokayev yashimye u Rwanda rufite ubukungu bwiyongera ku kigero cya 8% ku mwaka ndetse n’ukwiyubaka kw’inzego, ashimangira umuhate wa Kazakhstan mu kongerera imbaraga umubano wayo n’ibihugu bya Afurika.

Perezida Tokayev yashimiye u Rwanda ku ntambwe tumaze gutera

Perezida Kagame na Perezida Tokayev kandi bagaragaje inzego z’ingenzi zakwagurirwamo ubutwererane zirimo ubucuruzi, ishoramari, gutwara abantu n’ibintu, ubuhinzi, ikoranabuganga, imitangire ya serivisi za Leta hakoreshejwe ikoranabuhanga n’urwego rw’imari.

Perezida Kagame aheruka guhura na Perezida wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev, mu Ugushyingo 2024, ubwo bitabiraga inama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yo kurwanya ihindagurika ry’ibihe yabereye mu Mujyi wa Baku muri Azerbaijan.

Icyo gihe kandi abakuru b’ibihugu baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu hagati y’u Rwanda na Kazakhstan.

Perezida Kagame na mugenzi we wa Kazakhstan Tokayev bagiranye ibiganiro by’imbitse

Ibyo wamenya kuri Kazakhstan

Izina Kazakhstan rikomoka mu gi-Turkic aho risobanurwa “igihugu cy’abasuhuke”. Ururimi rukoreshwa cyane mu gihugu rwitwa “Kazakh”.

Kazakhstan ihana imbibi n’ibihugu birimo u Burusiya mu Majyaruguru no mu Burengerazuba, u Bushinwa mu Burasirazuba, Kyrgyzstan mu Majyepfo y’Iburasirazuba, Uzbekistan mu majyepfo, na Turkmenistan mu Majyepfo y’Iburengerazuba.

Iki gihugu kandi gifite inkombe ku nyanja ya Caspienne. Umurwa Mukuru wa Kazakhstan ni Astana, mu gihe Umujyi munini wa Almaty, ari wo ukorerwamo ubucuruzi n’umuco, ukaba waranahoze ari wo Murwa Mukuru kugeza mu 1997.

Kazakhstan ni igihugu cya cyenda kinini ku Isi kuko gifite ubuso bungana na 2,724,900 km2. Kuba gifite ubuso bunini bituma kigira ubucucike bw’abaturage buri hasi, aho habarirwa abantu batarenga batandatu kuri kilometero kare imwe.

Abaturage ba Kazakhstan babarirwa muri miliyoni 20 biganjemo abayisilamu n’umubare munini w’abakirisitu.

Kazakhstan ni igihugu gikomeye muri Aziya yo Hagati mu by’ubukungu n’ubushobozi bwa politiki, kikaba kinatanga umusaruro wa 60% by’umusaruro mbumbe w’Akarere, ahanini bitewe n’ubucuruzi bwa peteroli na gaz, kikanagira umutungo munini w’amabuye y’agaciro.

Iki gihugu gifite umwanya wa mbere mu bijyanye n’imibereho y’abaturage muri ako Karere (Human Development Index).

Ni igihugu gifite Guverinoma ishingiye ku Itegeko Nshinga n’ubwo ubuyobozi bwacyo bufatwa nk’ubw’igitugu.

Kuva mu 2019 ubwo Nursultan Nazarbayev wayoboye igihugu kuva cyabona ubwigenge yeguraga ku mwanya w’umukuru w’igihugu, habayeho intambwe ntoya mu nzira y’ivugurura rya politiki no kugerageza gushyira mu bikorwa Demokarasi.

Kuri ubu kiyobowe na Kassym-Jomart Kemeluly Tokayev kuva mu 2019.

Igihugu cya Kazakhstan kiyobowe na Kassym-Jomart Kemeluly Tokayev kuva 2019

Abaturage bo muri iki gihugu bihagazeho kuko nibura umuturage yinjiza ibihumbi 14$ buri mwaka. Ifaranga rikoreshwa ryitwa ’tenge’ nibura 1000 cy’ayo mafaranga, angana na 2834 Frw.

Mu 1936 nibwo imbibi zacyo za none zashyizweho ubwo hashingwaga Repubulika ya Sosiyaliste y’Abasoviyeti ya Kazakhstan mu Muryango w’Abasoviyeti (Soviet Union).

Kazakhstan yabaye Repubulika ya nyuma y’Abasoviyeti kuko hatangajwe ubwigenge bwayo mu 1991 ubwo uwo muryango wasenyukaga.

Mu mwaka wa 1997, Umurwa Mukuru wa Kazakhstan wimuriwe i Astana uvanywe i Almaty aho wahoze.

Astana iherereye mu majyaruguru y’iburasirazuba bw’igihugu, ukaba umujyi ukunda kuza mu y’imbere ku ntonde z’imijyi ibereye ubukerarugendo muri Aziya yo Hagati.

Uyu mujyi ufite inyubako zigezweho kandi zishimishije, ndetse wabaye igicumbi cy’ubucuruzi n’umuco. Bimwe mu bice by’ingenzi byawo birimo Khan Shatyr, Inzu y’Amahoro n’Ubumwe, Umunara wa Baiterek, Umusigiti wa Nur Astana, ndetse n’Inzu Ndangamurage y’Igihugu ya Kazakhstan.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago