Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwemeje ko umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi uyu mwaka bizaba.
Bikubiye mu itangazo uru rwego rwashyize hanze, aho rwatangaje ko ibi birori bizaba tariki 5 Nzeri 2025.
Ibi birori bibera mu Karere ka Musanze, ahari Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, byagombaga kuba byarabaye umwaka ushize, biza gusubikwa kubera Icyorezo cya Marburg.
Ubwo byasubikwaga abana b’Ingagi bari bagiye kwitwa amazina yari ku nshuro ya 20.
Uyu muhango witabirwa n’abayobozi batandukanye, abashyitsi baba baturutse hirya no hino ndetse n’abaturage baba baje kwihera ijisho ibi birori biba rimwe mu mwaka.
RDB yemeje ko ibi birori byo kwita izina abana b’Ingagi bigiye kuba ku nshuro ya 20, bivuze ko bizaba bigiye gusubukurwa mugihe byari biteganyijwe kuba umwaka ushize ariko ntibibe.
Abana b’Ingagi bari bateganyijwe kwitwa amazina uwo mwaka 2024, ni 22 nk’uko byemejwe n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…