POLITIKE

Abasirikare baherutse kugwa kuri misiyo muri Centrafrique bagenewe imidali na Loni

Umuryango w’Abibumbye watanze imidali y’icyubahiro ku basirikare n’abapolisi baguye mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi barimo babiri b’u Rwanda biciwe muri Centrafrique.

Advertisements

Ni umuhango wabaye ku wa 29 Gicurasi 2025 witabirwa n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres ari nawe watanze iyi midali yitiriwe Dag Hammarskjold.

Abanyarwanda bahawe iyi midali ni Sergeant Major Fiston Murwanashyaka witabye Imana tariki ya 24 Gashyantare 2024 na Cpl Eliakim Niyitegeka witabye Imana tariki ya 11 Nyakanga 2024. Biciwe mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Centrafrique (MINUSCA).

Iyi midali yombi yashyikirijwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga.

Muri rusange Loni yatanze imidali ku bantu 57 bapfiriye mu butumwa bw’amahoro bwayo mu bihugu bitandukanye, barimo abasirikare 23, abasivili 33 n’umupolisi umwe.

Dag Hammarskjöld witiwe iyi midali yabaye Umunyamabanga Mukuru wa Loni wa kabiri kuva muri Mata 1953 kugeza muri Nzeri 1961 ubwo yitabaga Imana, azize impanuka y’indege yabereye muri Zambia.

Tariki ya 22 Nyakanga 1997, akanama ka Loni gashinzwe umutekano katoye umwanzuro wo gushyiraho imidali yamwitiriwe, mu rwego guha icyubahiro abantu bose bapfira mu butumwa bw’amahoro bw’uyu muryango.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago