AFC/M23 yashyize hanze imibare yabiciwe mu rugamba rwo gufata Umujyi wa Goma

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi uyoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko abantu 874 ari bo bapfuye ubwo iri huriro ryari mu rugamba rwo gufata Umujyi wa Goma mu mpera za Mutarama 2025.

Advertisements

Iri huriro ryatangaje aya makuru kuri uyu wa 30 Gicurasi 2025, ubwo ryamurikaga raporo y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu bice igenzura, ivuguruza ibyatangajwe na Leta ya RDC ndetse n’imiryango irimo Amnesty International na Human Rights Watch.

Umwe mu banyamabanga ba AFC/M23, Delion Kimbulungu, yasobanuye ko kuva tariki ya 2 kugeza ku ya 13 Gashyantare, iri huriro ryabonye mu mujyi wa Goma imirambo y’aba bantu, nubwo Leta ya RDC yo yemezaga ko hapfuye abagera ku 3000.

Kimbulungu yagize ati “Biragaragara ko umubare wa 3000 watangajwe na Leta ya Kinshasa wahimbwe.”

Mu gitondo cya tariki ya 27 Mutarama, ubwo muri uyu mujyi habaga urugamba rukomeye, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza Gereza ya Munzenze iherereye i Goma iri gushya, imfungwa zitoroka.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ryatangaje ko abagore 165 bishwe n’inkongi y’umuriro yafashe iyi gereza kandi ko bose bafashwe ku ngufu n’abafungwa batorotse.

Umuvugizi w’iri shami, Seif Magango, yemeje ko iyi mibare yatanzwe n’urwego rw’ubutabera rwa RDC, ati “Ntabwo twigenzuriye raporo y’ubutabera ariko dutekereza ko yizewe.”

Kimbulungu yagaragaje ko nubwo Leta ya RDC n’abakorana bashinje AFC/M23 uruhare mu itoroka ry’imfungwa za Gereza ya Munzenze ndetse n’urupfu rw’aba bagore, ibi byago byabaye mbere y’uko abarwanyi babo bahagera.

Ati “Ibi byago byabaye mu gitondo cya tariki ya 27 Mutarama kuri Gereza ya Munzenze mbere y’uko M23 ihagera.”

Raporo ya AFC/M23 ikubiyemo ibimenyetso ndetse n’ubuhamya. Igaragaza kandi uko uburenganzira bw’ikiremwamuntu buhagaze mu Mujyi wa Bukavu kuva ubwo yatangiraga kuwugenzura muri Gashyantare 2025.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago