INKURU ZIDASANZWE

Komanda w’ihuriro rya Wazalendo yishwe arashwe

Umwe mu bakomando bo mu ihuriro rya Wazalendo basanzwe bafatikanya n’Ingabo za Congo (FARDC) kurwanya umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho waruzwi ku izina rya Risasi yishwe arasiwe muri Kivu y’Amajyepfo.

Advertisements

Mu ijoro rikeye rishyira kuri uyu wa gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2025, ni bwo uyu muyobozi wari umwe mu bayoboye Wazalendo yishwe n’abantu bataramenyekana.

Amakuru aturuka muri ibyo bice avuga ko uyu mukomanda yarasiwe mu gace ka Kalundu iherereye i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.

Ni amakuru agaragaza kandi ko yarashwe mu masaha ya Saa tanu z’ijoro ryo ku wa kane rishyira kuri uyu wa gatanu.

Kuva uyu Mujyi wa Uvira uhungiyemo ihuriro ry’abasirikare ba Leta batsinzwe ku rugamba i Goma n’i Bukavu wakomeje kuberamo ubwicanyi bukorwa mu buryo nk’ubu uyu mu Mai Mai yishwemo.

Ubwo bwicanyi bukorerwa abasivili, abasirikare, abapolisi n’abandi bakozi ba Leta.

Hagati aho, umutekano wo muri uyu Mujyi wa Uvira ugenda urushaho kuzamba uko bwije n’uko bukeye bitewe n’imiyoberere mibi irangwa mu ihuriro ry’ingabo za Congo zigenzura ako gace.

Umukamando uzwi ku izina rya Risasi warukuriye Wazalendo yishwe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago