Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yahuye n’abayobozi bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, baganira ku bintu bitandukanye.
Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2025, aho Kabila yahuye n’abayobozi bo muri AFC/M23 baganira ku by’ubufatanye.
Umuyobozi mukuru w’iri huriro rya AFC/M23, Corneille Nangaa uri no mubabonanye nawe, abinyujije ku rukuta rwa X, yavuze ko bahuye mu rwego rw’ubufatanye no gushimangira amahoro arambye, ubumwe bw’igihugu hamwe no kurebera ejo hazaza.
Mubahuye na Kabila barimo uyu muyobozi Corneille Nangaa, Fredy Kanyiki umwungirije, Bertrand Bisimwa uyoboye ibikorwa bya Politiki muri M23, n’abandi bayobozi batandukanye.
Mu mashusho yagiye hanze agaragazamo na Moïse Nyarugabo wahoze ari umudepite muri RDC ndetse wanakoze imirimo itandukanye muri iki gihugu. Uwo bivugwa ko na we aheruka gutahuka avuye mu buhungiro.
Uyu mubonano wabaye nyuma yuko Kabila abonanye n’abayobozi ba madini n’amatorero ndetse n’abayobozi bahoze ku buyobozi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Kabila ukomeje guhura n’amatsinda atandukanye i Goma yageze muri iki gice cyo mu Burasizuba bwa Congo ku wa mbere w’iki cyumweru, nyuma yuko yaravuye mu buhungiro aho yaramaze hafi umwaka.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…