Minisitiri w’Ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth, yashinjije igihugu cy’u Bushinwa gushaka gutegura intambara kuri Taiwan, ibintu u Bushinwa bwahise bwamaganira kure buvuga kuko nta shingiro bifite ahubwo buhita bubaburira ko bari gukinisha umuriro.
Ibi Hegseth yabigarutseho ubwo yitabiraga inama izwi nka ‘Shangri-La Dialogue’ ibiza ibihugu byo muri Aziya, ikaba buri mwaka haganirwa ku mutekano w’ibyo bihugu.
Hegseth yavuze ko u Bushinwa buri gutoza ingabo zabwo buri munsi kugira ngo buzatere Taiwan.
U Bushinwa butigeze bwitabira iyi nama bwahise bwamaganira ibyatangajwe na Hegseth buvuga ko butishimiye ibyatangajwe kandi ko butemeranya na byo.
Iryo tangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ingabo ku wa 1 Kamena 2025, aho bwaburiye Amerika buyibwira kureka kwitwaza ikibazo cya Taiwan ngo ibwiyenzeho.
Itangazo ryagiraga riti “Ntabwo Amerika ikwiriye kwitwaza ikibazo cya Taiwan nk’ingingo yo kuvugiraho ku Bushinwa kandi ikwiriye kurekera gukina n’umuriro.”
U Bushinwa kandi bwavuze ko ibihugu byo hanze bidafite uburenganzira bwo kwivanga mu kibazo cya Taiwan.
Taiwan imaze igihe itarebana neza n’u Bushinwa ahanini bishingiye ku cyifuzo cya bamwe mu bayoboye ako gace, bashaka ko kigenga mu gihe u Bushinwa bwo bwemeza ko ari intara yabwo.
Ibihugu nka Amerika bikunze kujya mu matwi y’abayobora Taiwan, ngo yiyomore ku Bushinwa, gusa Leta y’u Bushinwa yatanze gasopo ko hazabaho ingaruka zikomeye.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…