Guverinoma y’igihugu cy’u Bwongereza igiye gushora amafaranga menshi mu nganda za gisirikare mu rwego rwo kwitegura intambara yeruye ishobora kuzagihanganisha n’u Burusiya mu gihe kiri imbere nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo w’icyo gihugu, John Healey.
Healey yasobanuye ko miliyari 1,5 z’Amapawundi zizashorwa mu nganda esheshatu zikora amasasu mu gihe cy’imyaka itanu, miliyari 6 z’Amapawundi zishorwe mu nganda zikora imbunda zirasa kure.
Yagize ati “Ubu ni ubutumwa kuri Moscow. U Bwongereza buhagaze bwemye, bitari ugikomeza igisirikare cyacu gusa, ahubwo no gukomeza inganda zacu. Ni igice kimwe cy’imyiteguro yacu yo kurwana, mu gihe byaba ngombwa.”
U Bwongereza ni kimwe mu bihugu bishyigikiye cyane Ukraine kuva muri Gashyantare 2022 ubwo u Burusiya bwayishozagaho intambara. Bumaze kuyiha inkunga ya miliyari zirenga 12 z’Amapawundi yiganjemo iyagenewe igisirikare cyayo.
U Bwongereza kandi ni cyo gihugu cya mbere cyemereye Ukraine kurashisha misile ya Storm Shadow ku butaka bw’u Burusiya. Ibi byarakaje u Burusiya, buteguza ko bufite uburenganzira bwo gufatira u Bwongereza ingamba nk’izo.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…