POLITIKE

Ibitero by’ingabo za FARDC n’iz’u Burundi mu bice bituwe n’Abanyamulenge byamaganwe

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, ryamaganye ibitero Ingabo z’u Burundi, FDLR, FARDC na Wazalendo bigaba mu bice bituwe n’Abanyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

Advertisements

Ku munsi w’ejo ku wa mbere tariki ya 02 Kamena 2025, ni bwo umuvugizi wa AFC/M23 yamaganye ibitero biheruka kugabwa mu bice bituwe cyane, aho ririya huriro ryabikoze kuva tariki ya 23 kugeza tariki ya 29 Gicurasi 2025.

Uyu muvugizi wa AFC/M23 yasobanuye ko ibyo bitero byagabwe mu gice cya Rugezi giherereye muri teritware ya Fizi na Mikenke na yo iri muri teritware ya Mwenga.

Nk’uko yakomeje abivuga ni uko ngo muri Mikenke na Kalingi, hagabwe ibitero n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo isanzwe ikorera mu gace ka Gipupu na Point Zero.

Yagize ati: “Mu Rugezi, FDLR, FARDC n’Ingabo z’u Burundi zikorera i Lulenge, byagabye ibitero byatwaye ubuzima bw’abantu.”

Yavuze kandi ko ibi bitero byose byagabwe muri ibyo bice byatwaye ubuzima bw’abantu benshi, bishyira abarokotse mu bibazo bikomeye.

Utu duce uyu muvugizi yavuze, yaba ari aka Mikenke, Kalingi na Rugezi, twose dutuwe n’Abanyamulenge.

AFC/M23 yamaganye ibyo bitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo, mu gihe no kuri uyu munsi ya bitangarijeho wo ku wa mbere, drone y’iryo huriro ry’ingabo za Congo yazengurutse cyane mu kirere cya Rugezi, bishatse kwerekana ko n’ubundi ko ziri gutegura kuhagaba ibindi bitero.

Mu cyumweru gishize nabwo, zagabye ibyo bitero mu Mikenke no ku Gipimo mu Marango ya Minembwe zikoresheje ziriya ndege zitangira abapilote zizwi nka drones.

Hari n’amakuru amaze iminsi itatu avugwa ko ingabo z’u Burundi zazamutse ziva mu Bijombo zerekeza mu Mikenke. Bikavugwa ko zishaka kandi kongera kugaba ibitero ku Banyamulenge muri icyo gice cya Mikenke no mu Bijabo.

Ayo makuru yanavugaga ko hari abandi basirikare benshi b’u Burundi bambutse i Uvira mbere yo gukomeza berekeza mu Bijombo, mu rwego rwo kugira ngo batange umusaada iyo za Mikenke.

Ibi bikagaragaraza umuhate izi ngabo zifite ko ari uwo gusenya akarere Abanyamulenge batuyemo k’i misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago