IMYIDAGADURO

Kenny Sol yatandukanye na 1:55 AM

Umuhanzi Rusanganwa Norbert wamamaye nka Kenny Sol yatandukanye n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55AM yinjiyemo mu 2024, aho yavuze ko byaturutse ku bwumvikane impande zombi zagiranye.

Advertisements

Mu ibaruwa Kenny Sol yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ko gusezera kwe kwavuye mu bwumvikane yagiranye na 1:55 AM, ndetse amakuru ahari agahamya ko impande zombi ntacyo zishyuzanya.

Iri sezera rikurikira ubutumwa uyu muhanzi yari aherutse gutambutsa ku mbuga nkoranyambaga aca amarenga yo gusezera, aha akaba yaragize ati “Benshi baje nyuma yanjye bamaze kubivamo ariko njye ndacyahari, ibi natangiye kubikora nta n’umuntu n’umwe uranyizereramo. Njye ndi umusirikare wahawe impano n’Imana.”

Ni amagambo yasohotse nyuma y’iminsi mike 1:55 AM isohoye itangazo ryari rigenewe itangazamakuru rihamya ko igiye kuvugurura urutonde rw’abahanzi ikorana nabo ndetse inizeza impinduka mu buyobozi bw’iyi sosiyete.

Iri tangazo ryagiye hanze nyuma y’uko hari hadutse amakuru yavugaga ko Element Eleéeh uri kugana ku musozo w’amasezerano yari afite kandi atiteguye kuyongera, ndetse bikavugwa ko ubuyobozi bw’iyi sosiyete bufite ibyo bwaba bumwishyuza mbere y’uko batandukana.

Mu byavuzwe harimo indirimbo 38 yakoze ariko ntazitange n’amafaranga yishyuzaga agera kuri miliyoni 25 Frw.

Ku rundi ruhande, uretse Element Eleéeh bitaremezwa ko yatandukanye na 1:55AM, isezera rya Kenny Sol rikurikiye irya Ross Kana nawe uherutse gutandukana n’iyi sosiyete.

Kenny Sol yatandukanye na 1:55 AM

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago