MU MAHANGA

Ubushinjacyaha bwatangiye gukurikirana Minisitiri Constant Mutamba

Guhera kuri uyu wa Kabiri, tariki 3 Kamena 2025, Minisitiri w’ubutabera wa Congo, Constant Mutamba, yitabye ubushinjacyaha burimo kumukoraho iperereza ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa leta wari ugenewe kubaka gereza.

Advertisements

Ku biro by’umushinjacyaha hagaragaye umubare mwinshi w’abashyigiye Mutamba, bamwe basaba ko yarekurwa.

Yitabye ubutabera aherekejwe n’abunganizi mu mategeko.

Mutamba yari yaravuze ko atazigera yitaba uyu mushinjacyaha avuga ko na we ubwe [umushinjacyaha] hari ibyaha akekwaho.

Mutamba ubu arakekwaho kunyereza miliyoni nyinshi z’amadorari ya Amerika yari agenewe kubaka gereza ya Kisangani mu ntara ya Tshopo mu Majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa DR Congo.

Mutamba yagiye ahakana ibi birego akekwaho.

Mutamba akekwaho kunyereza kuri miliyoni 39$ zari zigenewe kubaka gereza nshya ya Kisangani, ashinjwa gutegeka kwishyura amafaranga y’ibanze angana na miliyoni 19$ muri iryo soko ryo kubaka gereza mbere y’uko ryemezwa n’urwego rubishinzwe.

Mu cyumweru gishize Inteko Ishingamategeko ya DR Congo yatoye ku bwiganze ko Minisitiri Mutamba akurikiranwa n’ubushinjacyaha kuri ibi byaha akekwaho.

Ni nyuma y’uko Mutamba yari yavuze ko atazigera yitaba Umushinjacyaha wari wamutumije ngo atangire iperereza kuri we.

Ubwo yari asohotse mu biro by’umushinjacyaha ku wa kabiri, Constant Mutamba yahisemo kutagira icyo abwira abanyamakuru, nk’uko ibiro ntaramakuru bya Congo, ACP bibivuga.

Constant Mutamba yatangiye gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha ku byaha ashinjwa

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

6 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago