Uncategorized

Karasira yakoze agashya mu rukiko yikorera ikimenyetso kidasanzwe

Karasira Aimable ukurikiranyweho ibyaha birimo gupfobya no guha ishingiro Jenoside yakorewe Abatutsi akekwaho gukorera kuri YouTube mu biganiro bitandukanye, yageze mu Rukiko abanza gukora ikimenyetso cya Tuff Gangs.

Advertisements

Ibi Karasira yongeye kubikora kuri uyu wa 5 Kamena 2025 ubwo yari yitabye Urukiko Rurukuru, Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, ruri mu Karere ka Nyanza ahari gukomereza iburanisha ku rubanza rwe.

Mbere yo gutangira iburanisha, Karasira akigera mu Rukiko ari kuganira n’abanyamategeko bamwunganira, abonye abanyamakuru yahisemo gufata ifoto yakoze ikimenyetso cy’itsinda rya Tuff Gangs.

Abakurikiranye umuziki mu bihe byashize, itsinda ry’abaraperi rya Tuff Gangs aho rigeze hose, abarigize babanzaga gukora ingombajwi ya ‘T’ akaboko k’indyo gatambite, na ho imoso ifunze igipfunsi igakora umurongo umanutse.

Mbere y’uko Karasira yisanga mu bikorwa bya Politike, uretse kuba yari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda yari umunyamuziki ukora injyana ya Hip Hop agendera ku izina rya Professor Nigga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago