Burundi: Kugaragaza amasura y’abagiye gukora akazi ku butasi byanenzwe bikomeye – Amafoto

U Burundi bubinyujije ku rubuga rwa X y’igisirikare cy’igihugu kizwi nka FDNB cyatangaje ko cyungutse abasirikare b’Intasi bari bamaze igihe bahabwa amahugurwa mu bijyanye no gukora ako kazi.

Advertisements

Ni igikorwa igisirikare cy’iki gihugu cy’u Burundi cyashyize hanze ku itariki ya 05 Kamena 2025, aho cyakoresheje urubuga rwacyo rwa X rwahoze rwitwa Twitter gishyira amafoto y’icyo gikorwa no kwerekana abo basirikare bacyo, kimenyesha ko barangije amasomo y’ubutasi.

Muri ayo mafoto yabo yashyizwe hanze, yarahekejwe n’ubutumwa bugira buti: “Aba basirikare basoje imyotozo y’ubutasi. Bahawe n’impamyabushobozi zibyo bigiye. Turabasaba gukoresha ubumenyi bahawe ku nyungu z’igihugu cyabo cy’u Burundi.”

Izi ntasi zashyizwe ku mugaragaro zirimo abigitsina gabo n’igitsina gore.

Nyuma y’aho u Burundi bukoze iki gikorwa, bwaranenzwe kubera bwashyize ku mugaragaro amafoto y’abasirikare babwo bo mu ishami ry’ubutasi rizwi cyane nka G2, mu gihe akazi bagiye gukora ari ibanga kandi gasabwe ko nabo batamenyekana.

Mu bitekerezo byinshi byagarutsweho kuri urwo rubuga, banenga uburyo amasura y’abagiye gukora ako kazi yagiye agaragazwa ibintu benshi bagiye bahuriza kuba bitari kinyamwuga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago