Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), General Muhoozi Kainerugaba, yongeye gutangaza ko ingabo za Uganda n’iz’u Rwanda bafitanye umubano wihariye w’abavandimwe, anavuga ko hari umukino wa ruhago uteganyijwe guhuza amakipe y’igisirikare cy’ibihugu byombi mu minsi iri imbere.
Ibi yabinyujije mu butumwa yashyize kuri X kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13 Kanama 2025, Gen. Muhoozi yavuze ati “RDF ni abavandimwe bacu bo mu maraso. Duhore dukorana kandi duhuzwe n’ubuvandimwe. Amakipe yacu y’umupira w’amaguru azahurira i Musanze mu mukino wo kwishyura.”
Gen. Muhoozi, ukunze kugaragaza urukundo akunda u Rwanda, yavuze ko nyuma y’igisirikare cya Uganda ayoboye, RDF ari cyo gisirikare akunda kurusha ibindi.
Uyu musirikare mukuru kandi yibukije ko muri 2022 yagize uruhare rukomeye mu gusubiza mu buryo umubano w’ibihugu byombi wari warajemo agatotsi. Yavuze ko guhuza no gukomeza ubumwe bwa UPDF na RDF ari kimwe mu bikorwa by’ingenzi yagezeho mu rugendo rwe rwa gisirikare.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…