Aba DASSO bashya 391 basoje amahugurwa abinjiza mu kazi

Kuri uyu wa Kane, i Gishari mu Karere ka Rwamagana, hasojwe icyiciro cya 8 cy’amasomo yo kwinjizwa mu bakozi ba DASSO (Urwego rufasha Uturere mu gucunga umutekano). Abambaye uyu munsi bagiye gutangira inshingano mu turere dutandatu.

Advertisements

Minisitiri Habimana Dominique wayoboye uwo muhango, yashimye umusanzu urwego rwa DASSO rutanga mu kurinda umutekano w’abantu n’ibyabo binyuze mu bufatanye n’Abanyarwanda bose ndetse n’izindi nzego zishinzwe umutekano.

Yagize ati “Turizera ko ubumenyi mwahawe muzabukoresha mu gukumira ibyaha no gukemura ibibazo bikomeje guhungabanya abaturage birimo ubusinzi, ubujura, gukubita no gukomeretsa, ibiyobyabwenge n’ibindi, kugira ngo umuturarwanda akomeze kubaho yishimye kandi atekanye”.

Minisitiri wa Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu Habimana Dominique niwe wayoboye muhango gusoza amahugurwa ya DASSO

Amasomo yo kwinjira muri DASSO atangwa ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda kandi aherekezwa n’amahugurwa ngarukagihe ahabwa abinjiye mbere. Urwego rwa DASSO rwashyizweho n’itegeko rigenga imikorere yarwo kuva mu 2013.

Aba DASSO bashya 391 nibo basoje amahugurwa
Abayobozi batandukanye bitabiriye Umuhango wo gusoza amahugurwa y’Aba DASSO

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

5 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

5 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

6 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

6 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

6 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

6 months ago