Kuri uyu wa Kane, i Gishari mu Karere ka Rwamagana, hasojwe icyiciro cya 8 cy’amasomo yo kwinjizwa mu bakozi ba DASSO (Urwego rufasha Uturere mu gucunga umutekano). Abambaye uyu munsi bagiye gutangira inshingano mu turere dutandatu.
Minisitiri Habimana Dominique wayoboye uwo muhango, yashimye umusanzu urwego rwa DASSO rutanga mu kurinda umutekano w’abantu n’ibyabo binyuze mu bufatanye n’Abanyarwanda bose ndetse n’izindi nzego zishinzwe umutekano.
Yagize ati “Turizera ko ubumenyi mwahawe muzabukoresha mu gukumira ibyaha no gukemura ibibazo bikomeje guhungabanya abaturage birimo ubusinzi, ubujura, gukubita no gukomeretsa, ibiyobyabwenge n’ibindi, kugira ngo umuturarwanda akomeze kubaho yishimye kandi atekanye”.
Amasomo yo kwinjira muri DASSO atangwa ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda kandi aherekezwa n’amahugurwa ngarukagihe ahabwa abinjiye mbere. Urwego rwa DASSO rwashyizweho n’itegeko rigenga imikorere yarwo kuva mu 2013.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…