Categories: INKURU ZIDASANZWE

MINICOM yasabye abikorera gutanga serivisi inoze mu gihe u Rwanda ruzaba rwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, MINICOM, yasabye abikorera gutanga serivisi inoze mu gihe u Rwanda ruzaba rwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare kuva tariki 21 kugeza tariki 28 Nzeri 2025.

Advertisements

MINICOM itangaje ibi mu gihe u Rwanda ruzakira ibihumbi by’abazitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ikomeza igira iti: “Igihe cy’isiganwa ni amahirwe akomeye yo gukora ubucuruzi no gutanga serivisi zinoze ku bazaryitabira, abasura u Rwanda ndetse n’abazaba bari kurireba umunsi ku wundi.”

Kubera imihanda imwe n’imwe izajya iharirwa abasiganwa, yasabye abikorera gushyira mu bubiko ibicuruzwa bihagije kugira ngo igihe imihanda bakoreshaga izaba ifunze, bitabangamira imirimo yabo.

Mu gihe bibaye ngombwa ko abikorera batwara ibicuruzwa, MINICOM irabashishikariza gukora ingendo nijoro.

Ingendo ku batwara amakamyo, zizajya zikorwa mu masaha y’ijoro. MINICOM ikomeza igira iti: “Uruhare rw’abikorera rurakenewe kugira ngo iri siganwa rizagende neza.”

Abakomiseri n’abandi bazaba bari gukurikirana imigendekere myiza y’isiganwa bazaba bageze ku 5 000, mu gihe abashyitsi bazasura u Rwanda mu gihe cy’iminsi umunani bazarenga 15 000.

Abanyamakuru batandukanye bazaba bahawe uburenganzira bwo gukurikirana iyi mikino. Aba bazaba bagera kuri 700 baturutse mu bitangazamakuru byo mu bihugu 124.

Shene za televiziyo zigera kuri 80 zizerekana iri rushanwa, bizatuma rirebwa n’abakunzi b’umukino w’amagare barenga miliyoni 300 bari mu bice bitandukanye by’Isi.

Abazakurikirana amakuru y’iri siganwa kandi banyuze ku mbuga nkoranyambaga byitezwe ko bazaba basaga miliyoni zirindwi, mu gihe abarenga miliyoni 1,5 bazaba babikurikirana ku rubuga rwa UCI.

Itangazo MINICOM yageneye abikorera

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago