Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umusore umwe muri batatu bagaragaye mu mashusho batema umuturage mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bakoresheje umuhoro.
Polisi yasobanuye ko ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu Kagari ka Rwampara mu Murenge wa Nyarugenge mu ijoro rya tariki ya 11 Nzeri 2025.
Kuri uyu wa 12 Nzeri, yatangarije ku rubuga rwa X iti “Turabamenyeshe ko umwe mu bagaragaye mu mashusho, aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy’ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje.”
Aya mashusho yaba bagizi ba nabi akaba yarakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko bagaragaye batema umuntu mu masaha y’ijoro, bamwe bavuga ko bashakaga kumwambura ibyo yari afite byose. Mu mashusho yakwirakwiriye hagaragara mo abantu batatu ndetse n’abajwi y’imodoka bivugwa ko abari mu modoka aribo bafashe ayo mashusho n’ubwo nabo batabashije gutabara uwatemwaga.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…