Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 9 Ukwakira 2025 azize uburwayi yari amaranye iminsi.

Advertisements

Babinyujije ku rubuga rwa X ,Transparency International Rwanda yatangaje ko bababajwe n’inkuru y’akababaro y’uko umuyobozi w’uwo muryango Ingabire Marie Immaculeé yatabarutse azize uburwayi yari amaranye iminsi.

 Ingabire Marie Immaculeé ari mu bantu 20 bashinze Transparency International Rwanda, anatoretwa kuyiyobora kugeza ubwo yatabarutse akiri umuyobozi.

Ubuto bwe bwaranzwe no kuba mu buhungiro I Burundi no muri RDC, yakunze kubabazwa cyane no gukurira mu buhungiro yiyemeza kurwanya ruswa n’akarengane yivuye inyuma.

Mbere yo kuza muri Transparency Rwanda, Marie Immaculeé yakoze mu bigo byinshi ariko hose ahanini yarebaga ku burenganzira bw’umugore ndetse aharanira ko bagera ku iterambere rihamye. Yakoze muri ORINFOR igihe kirekire, akora mu bitangazamkuru byandika bitandukanye, yakoze muri Profemmes Twese Hamwe, IBUKA n’indi miryango y’abagore itegamiye kuri Leta.

Akaba atabarutse afite imyaka 63 y’amavuko kuko yavutse mu 1962. Azahora yibukirwa ku muhate yagize mu kwamagana ruswa ,akarengane no gushyira ukizana ku mugore. 

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana azize uburwayi amaranye iminsi

DomaNews.rw

Recent Posts

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago

Nyarugenge: Umwe mu bagaragaye batema umuturage yafashwe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umusore umwe muri batatu bagaragaye mu mashusho…

3 months ago