Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye imbere y’amategeko n’umusore witwa Nyamwasa Francis bitegura kurushinga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 6 Werurwe 2026 ni bwo Mushashi yasangije abamukurikira amafoto y’umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umusore bitegura kurushinga.
Ku rundi ruhande, nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko kuri uyu wa 6 Werurwe 2026, byitezwe ko Mushashi n’umugabo we bazakora ubukwe ku wa 14 Werurwe 2026.
Mu minsi ishize ubwo yatangazaga ko yitegura ubukwe bwe, Mushashi mu butumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ishimwe rikomeye yifashishije amagambo aboneka mu Ndirimbo ya Salomo 3:4, ati “Nabonye uwo umutima wanjye ukunda.”
Uyu munyamakuru yamenyekanye cyane kuri TV1 yakoreye kuva mu 2017 kugeza mu 2024. Yahavuye yerekeza kuri RBA, by’umwihariko mu ishami ry’amakuru.
Mbere y’aho mu 2016 yakoreye Radiyo Salus dore ko yanize muri Kaminuza y’u Rwanda aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga. Hagati ya 2014 na 2016 yakoreye RC Huye.
Aimée Beauté Mushashi akorana n’ibigo bitandukanye birimo Mashirika, Urunana, Labenevolencia n’ibindi ku mishinga itandukanye.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…