Rwanda: Ingendo z’Indege zahagaritswe kubera Corona Virusi

Leta y’u Rwanda yatangaje ko ibaye ifunze ingendo zo mu kirere zigana n’iziva mu gihugu mu gihe cy’iminsi 30, guhera tariki 20 Werurwe 2020.

Advertisements

Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya covid-19 gikomeje kwica abantu hirya no hino ku Isi.

Ni nyuma yuko mu Rwanda hamaze kuboneka abantu 11 banduye iyi ndwara.

Abamaze kwandura indwara ya COVID-19 mu Rwanda ni 11

Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije avuga ko ibi bizafasha mu kurinda ko iki cyorezo cyandura abantu benshi, kuko abenshi mu bo cyagaragayeho ari abari bavuye hanze y’u Rwanda, bahageze badafite ibimenyetso by’iyi ndwara bikagaragara nyuma.

Yagize ati: “Ubu rero ntabwo twagumya gufungura imipaka ngo indege zigumye kuza zizana abantu bavuye mu bihugu birimo iyi ndwara, abenshi baza badafite ibimenyetsi by’iyi ndwara, bikaboneka bageze mu Rwanda ku buryo bakwanduza n’abandi bantu”.

Nubwo bimeze gutyo, indege z’imizigo n’iziri mu bikorwa by’ubutabazi zizakomeza gukora.

Akomeza avuga indwara ya Covid-19 yirindwa, uwitaweho neza ntimwice. Asaba abahuye n’abavuzweho iyi ndwara guhamaga ku murongo bahawe 114 n’iyindi yatanzwe bityo bakitabwaho.

Umwanzuro wo gufunga inzira zo mu kirere uri gufatwa n’ibihugu bitandukanye birimo Leta zunze ubumwe za Amerika, ibihugu by’ubumwe bw’u burayi n’ibindi mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago