Rwanda is waiting for outcomes of the on-going investigations into the crash of the Ethiopian Airlines Boeing 737 Max, for it to make the decision on its pending purchase order for two similar planes.Photo:Cyril NDEGEYA
Leta y’u Rwanda yatangaje ko ibaye ifunze ingendo zo mu kirere zigana n’iziva mu gihugu mu gihe cy’iminsi 30, guhera tariki 20 Werurwe 2020.
Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya covid-19 gikomeje kwica abantu hirya no hino ku Isi.
Ni nyuma yuko mu Rwanda hamaze kuboneka abantu 11 banduye iyi ndwara.
Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije avuga ko ibi bizafasha mu kurinda ko iki cyorezo cyandura abantu benshi, kuko abenshi mu bo cyagaragayeho ari abari bavuye hanze y’u Rwanda, bahageze badafite ibimenyetso by’iyi ndwara bikagaragara nyuma.
Yagize ati: “Ubu rero ntabwo twagumya gufungura imipaka ngo indege zigumye kuza zizana abantu bavuye mu bihugu birimo iyi ndwara, abenshi baza badafite ibimenyetsi by’iyi ndwara, bikaboneka bageze mu Rwanda ku buryo bakwanduza n’abandi bantu”.
Nubwo bimeze gutyo, indege z’imizigo n’iziri mu bikorwa by’ubutabazi zizakomeza gukora.
Akomeza avuga indwara ya Covid-19 yirindwa, uwitaweho neza ntimwice. Asaba abahuye n’abavuzweho iyi ndwara guhamaga ku murongo bahawe 114 n’iyindi yatanzwe bityo bakitabwaho.
Umwanzuro wo gufunga inzira zo mu kirere uri gufatwa n’ibihugu bitandukanye birimo Leta zunze ubumwe za Amerika, ibihugu by’ubumwe bw’u burayi n’ibindi mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.
Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…
Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…