UBUZIMA

Rwanda: Umubare w’abanduye Corona Virusi wageze kuri 36

Kuri uyu wa 23 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abarwayi ba Corona Virusi cyangwa COVID-19 mu Rwanda bageze kuri 36, nyuma y’uko hagaragaye abandi 17 biyongera kuri 19 baribaragaragaye kuva tariki ya 14 Werurwe 2020.

Aba ni abantu icyenda (9), baje baturutse I Dubai, Batatu (3) baje baturutse muri Kenya, babiri (2) baturutse muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, umwe (1) waturutse muri Quatar, umwe (1) waturutse mu Buhinde, nundi umwe (1) watahuwe ko yahuye n’uwanduye Corona Virusi mu Rwanda.

Aba bagenzi Bose baje baturutse hanze y’Igihugu bakaba baratangiye gupimwa no gushyirwa mu kato hagati ya tariki 17-20 Werurwe 2020, hakaba harigushakishwa nabo bikekwa ko bahuye nabo ngo nabo bitabweho bahabwe ubufasha nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima.

Ni mugihe Leta y’U Rwanda yashyizeho ingamba nshya zo kwirinda iki cyorezo mu gihe k’ibyumweru bibiri, abaturage bakorera mu ngo zabo, gufuhangarika ingendo zitari ngombwa mu baturage, gufunga ibikorwa by’ubucuruzi uretse abacuruza ibiribwa gusa, guhagarika moto mu mihanda no gufunga imipaka ndetse n’ingendo ziva mu gihugu, n’izinjira.

Police y’u Rwanda kandi ikaba yatangaje ko igiye gukaza iyubahirizwa ry’izi ngamba, aho uzagaragaraho kutazishyira mu bikorwa azahanwa birimo no gufungwa.

Aha hakaba harafashwe n’ingamba ku bacuruzi bashobora kuzamura ibiciro by’ibiribwa bitwaje icyorezo cya Corona Virusi nabo bakazajya bafatirwa imbanga zirimo no gucibwa Amande y’amafaranga.

Jean Aime Desire Izabayo

View Comments

Recent Posts

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

12 minutes ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

1 hour ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

4 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

1 day ago