UBUZIMA

Rwanda: Umubare w’abanduye Corona Virusi wageze kuri 36

Kuri uyu wa 23 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abarwayi ba Corona Virusi cyangwa COVID-19 mu Rwanda bageze kuri 36, nyuma y’uko hagaragaye abandi 17 biyongera kuri 19 baribaragaragaye kuva tariki ya 14 Werurwe 2020.

Advertisements

Aba ni abantu icyenda (9), baje baturutse I Dubai, Batatu (3) baje baturutse muri Kenya, babiri (2) baturutse muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, umwe (1) waturutse muri Quatar, umwe (1) waturutse mu Buhinde, nundi umwe (1) watahuwe ko yahuye n’uwanduye Corona Virusi mu Rwanda.

Aba bagenzi Bose baje baturutse hanze y’Igihugu bakaba baratangiye gupimwa no gushyirwa mu kato hagati ya tariki 17-20 Werurwe 2020, hakaba harigushakishwa nabo bikekwa ko bahuye nabo ngo nabo bitabweho bahabwe ubufasha nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima.

Ni mugihe Leta y’U Rwanda yashyizeho ingamba nshya zo kwirinda iki cyorezo mu gihe k’ibyumweru bibiri, abaturage bakorera mu ngo zabo, gufuhangarika ingendo zitari ngombwa mu baturage, gufunga ibikorwa by’ubucuruzi uretse abacuruza ibiribwa gusa, guhagarika moto mu mihanda no gufunga imipaka ndetse n’ingendo ziva mu gihugu, n’izinjira.

Police y’u Rwanda kandi ikaba yatangaje ko igiye gukaza iyubahirizwa ry’izi ngamba, aho uzagaragaraho kutazishyira mu bikorwa azahanwa birimo no gufungwa.

Aha hakaba harafashwe n’ingamba ku bacuruzi bashobora kuzamura ibiciro by’ibiribwa bitwaje icyorezo cya Corona Virusi nabo bakazajya bafatirwa imbanga zirimo no gucibwa Amande y’amafaranga.

Jean Aime Desire Izabayo

View Comments

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago