Kuri uyu wa Kane tariki 09 Mata 2020, Perezida wa Repubulika Kagame Paul yakuye ku mirimo Ambasaderi Nduhungirehe Olivier wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi b’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe umuryango w’Afurika y’iburasirazuba.
Mu itangazo ryasinyweho na Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, rivuga ko ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubukika y’U Rwanda ryo mu mwaka wa 2003, ryavuguruwe muwa 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
None tariki 09 Mata 2020, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavanye ku mirimo, Amb.Olivier Nduhungirehe wari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane ushinzwe umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba.
Akaba yahagaritswe kubera imikorere yakunze kumuranga yo gushyira imbere imyumvire ye aho gushingira kuri Politike za Leta mu kazi yarashinzwe.
Amb. Nduhungirehe Olivier yari amaze imyaka igera kuri ibiri n’igice ari umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, akaba yarashinzwe iyi mirimo nyuma y’uko muri Nzeri 2015, Inama y’Abaminisitiri yateranye ikemeza ko ahagrarira u Rwanda mu gihugu cy’Ububiligi nka Ambasaderi.
Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza (Masters) muri Gestion fiscale yavanye muri Kaminuza ya ULB ( Universite Libre de Bruxelles-Institut Solvay). Afite kandi Impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (Bachelor’s degree) mu mategeko yayiherewe muri UCL (Université Catholique de Louvain) .
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…