KADOGO Series: Reba Film y’uruhererekane iri gushimisha benshi

Film y’Uruhererekane (Series), imaze kumenyekana nka KADOGO series, kuru ubu iri gukurikirwa n’abatari bake muri iki gihe cya Guma Murugo hirindwa ikwirakiwza ry’icyorezo cya Corona Virusi cyugarije Isi muri bi bihe.

Advertisements

Iyi Film igaragara ku rubuga rwa YouTube, imaze igihe kingana n’amezi abiri ishyizwe hanze, ubu hakaba hamaze gusohoka ibice byayo bigera kuri birindwi (Ep 7), bikunzwe na benshi kuko uburyo ikozemo burimo inyigisho ndetse bakaba bataribagiwe abakunda inkuru zisekeje.

KADOGO Seriers film y’uruhererekane yakozwe n’Inzu itunganya Amafirime n’amashusho ikorera mu Rwanda izwi nka The Junior Films.

Umuyobozi wa The Junior Films itunganya amashusho y’iyi Film akaba ari nawe wayanditse Mukiza Dominique, avuga ko iyi film yakozwe hagamijwe kwigisha ndetse no gushimisha abakunzi ba cinema mu Rwanda no ku Isi muri rusange.

Yagize ati: ”KADOGO Series twayikoze tugamije kwigisha abantu, kandi ikabafasha nio kwishimisha twashingiye ku buzima bw’abakozi bo mu rugo uko ababana n’abakoresha babo, ibi rero tuzakomeza kubikurikiranya kuburyo izaba yuzuyemo inyigisho kandi abantu bari kugenda bayikunda.”

Aha kandi avuga ko kuba gahunda ya Guma Murugo yarashyizweho mu buryo bwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Corona Virusi cyugarije Isi, iyi Film yabafasha kuguma mu rugo kandi ikabashimisha cyane ko abantu benshi bakunda kwirebera Film nk’izi kandi bakaba barabonye n’umwanya wo kuba bazikurikira.

Ati: “Muri iki gihe abantu benshi bari mu rugo, iyi Film rero icyambere na mbere yakabafashije kuguma mun rugo,izabarinda guheranwa n’ibitekerezo byinshi kuko harimo inyigisho kandi harimo d’utuntu dusekeje kuburyo byagufasha kutarabirwa mu rugo”.

Iyi Film y’uruhererekane igaragara ku rubuga rwa Youtube rumaze kumenyererwa nk’imwe mu nzira zifasha abantu kumenyekanisha ibikorwa by’imyidagaduro nk’Indirimbo,amafilime ndetse n’ibindi bihangano mu buryo bw’ikoranabuhanga mu gice k’imbuga nkoranyambaga. Iyi kandi ikaba ari n’imwe mu nzira zikoreshwa hatangazwa amakuru yo hirya no hino ku Isi.

Ikaba igaragara kuri channel yitwa KADOGO Series yatangiye gusohoka kuva muri Gashyantare 2020, ubu ikaba igeze ku gace kayo ka karindwi (EP7), kandi ikaba izakomeza n’ibindi bice bikurikiraho.

Reba Episode iheruka ya KADOGO Series

Jean Aime Desire Izabayo

View Comments

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago