KADOGO Series: Reba Film y’uruhererekane iri gushimisha benshi

Film y’Uruhererekane (Series), imaze kumenyekana nka KADOGO series, kuru ubu iri gukurikirwa n’abatari bake muri iki gihe cya Guma Murugo hirindwa ikwirakiwza ry’icyorezo cya Corona Virusi cyugarije Isi muri bi bihe.

Iyi Film igaragara ku rubuga rwa YouTube, imaze igihe kingana n’amezi abiri ishyizwe hanze, ubu hakaba hamaze gusohoka ibice byayo bigera kuri birindwi (Ep 7), bikunzwe na benshi kuko uburyo ikozemo burimo inyigisho ndetse bakaba bataribagiwe abakunda inkuru zisekeje.

KADOGO Seriers film y’uruhererekane yakozwe n’Inzu itunganya Amafirime n’amashusho ikorera mu Rwanda izwi nka The Junior Films.

Umuyobozi wa The Junior Films itunganya amashusho y’iyi Film akaba ari nawe wayanditse Mukiza Dominique, avuga ko iyi film yakozwe hagamijwe kwigisha ndetse no gushimisha abakunzi ba cinema mu Rwanda no ku Isi muri rusange.

Yagize ati: ”KADOGO Series twayikoze tugamije kwigisha abantu, kandi ikabafasha nio kwishimisha twashingiye ku buzima bw’abakozi bo mu rugo uko ababana n’abakoresha babo, ibi rero tuzakomeza kubikurikiranya kuburyo izaba yuzuyemo inyigisho kandi abantu bari kugenda bayikunda.”

Aha kandi avuga ko kuba gahunda ya Guma Murugo yarashyizweho mu buryo bwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Corona Virusi cyugarije Isi, iyi Film yabafasha kuguma mu rugo kandi ikabashimisha cyane ko abantu benshi bakunda kwirebera Film nk’izi kandi bakaba barabonye n’umwanya wo kuba bazikurikira.

Ati: “Muri iki gihe abantu benshi bari mu rugo, iyi Film rero icyambere na mbere yakabafashije kuguma mun rugo,izabarinda guheranwa n’ibitekerezo byinshi kuko harimo inyigisho kandi harimo d’utuntu dusekeje kuburyo byagufasha kutarabirwa mu rugo”.

Iyi Film y’uruhererekane igaragara ku rubuga rwa Youtube rumaze kumenyererwa nk’imwe mu nzira zifasha abantu kumenyekanisha ibikorwa by’imyidagaduro nk’Indirimbo,amafilime ndetse n’ibindi bihangano mu buryo bw’ikoranabuhanga mu gice k’imbuga nkoranyambaga. Iyi kandi ikaba ari n’imwe mu nzira zikoreshwa hatangazwa amakuru yo hirya no hino ku Isi.

Ikaba igaragara kuri channel yitwa KADOGO Series yatangiye gusohoka kuva muri Gashyantare 2020, ubu ikaba igeze ku gace kayo ka karindwi (EP7), kandi ikaba izakomeza n’ibindi bice bikurikiraho.

Reba Episode iheruka ya KADOGO Series

Jean Aime Desire Izabayo

View Comments

Recent Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

12 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

14 hours ago

RIB yemeje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cya Miss Muyango

Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…

16 hours ago

Perezida Neva yakomoje ku biciro bikomeje gutumbagira mu gihugu cye

Mu gihugu cy'u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry'ibiciro bimwe na bimwe by'umwihariko ku isukari,…

16 hours ago

Rwanda: Hatangiye gukingirwa ubushita bw’inkende

Kuri uyu wa Kane taliki 19, Nzeri 2024, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda bagiye gutangira…

17 hours ago

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yazamutse ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yazamutseho umwanya umwe iva ku mwanya wa 131 ijya ku…

1 day ago