Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagize Prof. Nshuti Manasseh Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba.
Prof. Nshuti Manaseh yahawe umwanya wari ufutwe na Amb. Nduhungirehe Olivier uherutse kwirukanwa muri Guverinoma tariki 9 Mata 2020, azira gushyira imyumvireye mu kazi ka Leta aho kugendera kuri Politike y’Igihugu, nk’uko byatangajwe mu Itangazo rimusezerera ryari ryasinyweho na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Eduard.
Prof. Nshuti Manasseh washinze Kaminuza ya Kigali, ni umwe mu bafite inararibonye muri politiki y’u Rwanda.
Yabaye Minisitiri w’Ubucuruzi, Inganda, Amakoperative n’Ubukerarugendo, yabaye Minisitiri w’Imari, ndetse aba Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.
Yize cyane ibijyanye n’Imari afitemo impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), afite n’Impamyabumenyi mu byitwa Business Administration, ndetse n’Ubucurizi.
Prof.Nshuti Manaseh afite uburambe w’I myaka igera kuri 23 mu kwigisha muri Kaminuza, akaba yaramaze igihe kitari gito yigisha muri Kaminuza ya Strathmore University Nairobi muri Kenya.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…
Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…
Mu gihugu cy'u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry'ibiciro bimwe na bimwe by'umwihariko ku isukari,…
Kuri uyu wa Kane taliki 19, Nzeri 2024, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda bagiye gutangira…
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yazamutseho umwanya umwe iva ku mwanya wa 131 ijya ku…