Ingendo hagati y’intara ndetse n’umujyi wa Kigali zongeye gufungurwa nyuma y’igihe kirenga amezi abiri zidakorwa kubera gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda coronavirus, gusa hari umwihariko ku bagana n’abava i Rusizi n’i Rubavu, kuko kujyayo no kuvayo ku bantu bibujijwe.
Izi ngendo kandi zafunguranywe no gutwara abantu kuri moto nazo zari zarahagaritswe.
Ibyo gusubukura izi ngendo byatangajwe mu myanzuro y’inama idasanzwe y’abaminisitiri yateranye kuwa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, iyobowe na Perezida wa Repubulika.
Leta y’u Rwanda yari yatangaje ko izi ngendo zasubukuwe zagombaga gusubukurwa tariki 1 Kamena 2020, ariko zikomwa mu nkokora n’abantu 5 bagaragaye mu karere ka Rusizi banduye coronavirus barimo umumotari.
Imihango yo gushyungura igomba kujyamo abantu batarenze 30, gusezerana imbere y’amategeko biremewe ariko hakitabira abatarenze 15. Amashuri azakomeza gufunga kugeza muri Nzeri 2020.
Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Rwanda tariki 14 Werurwe 2020, igaragaye ku Muhinde wari uturutse i Mombai mu Buhinde. Mu rwego rwo kuyirinda abanyarwanda bashyiriweho ingamba zirimo gahunda ya Guma mu rugo, nyuma yaje gusimburwa n’ingendo zitarenga intara. Muri icyo gihe abantu bagorwaga no kuva mu ntara bagana mu mujyi wa Kigali no mu zindi ntara. Muri icyo gihe kandi n’ingendo za moto (gutwara abantu) byari byarahagaritswe, zikaba zongeye gusubukurwa. Izo ngamba kandi zarimo guhagarika ingendo zo gutwara abantu ku magare, gufunga insengero n’utubari.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…