Gicumbi: Barifuza gupimwa mbere yo kugenerwa uburyo bwo kuboneza urubyaro

Bamwe mu bagore bitabira gahunda yo kuboneza urubyaro bo mu murenge  wa Bukure,barifuza kujya bapimwa mbere yo kugenerwa uburyo babonezamo urubyaro hirindwa ingaruka ziterwa no gukoresha uburyo butajyanye n’ubushobozi bw’ubuzima bwabo               

Advertisements

Mu Rwanda uburyo bukoreshwa baboneza urubyaro buratandukanye burimo  agapira , inshinge , ibinini , agakingirizo , n’uburyo bwa burundu ku bagore n’abagabo.

Gusa  hari igihe uburyo bukoreshejwe bwanga bigatera ingaruka z’uburwayi cyangwa kubyara , Tuyisenge wo mu karere ka Gicumbi,yatangiye kugerageza uburyo bwo kuboneza urubyaro afite abana batanu biza kwanga ubu afite abana icumi avuga ko kuba atarapimwe ngo harebwe ubushobozi bw’umubiri we byagize ingaruka zo kubyara kandi aboneza urubyaro.

Aragira ati: “Natangiye kuboneza urubyaro mfite abana batanu, bigenda byanga ubu mfite abana icumi, iyo bampima hakarebwa ibijyanye n’uko mpagaze byari kumfasha”.

Mukaruyange leocadie akomeza avuga ko kuba batajya bapimwa ngo harebwe uburyo bujyanye bashingiye ku bibazo biba kuri  bamwe mu baboneza urubyaro,ngo bibagiraho ingaruka zirimo no kubyara.

Aragira ati: “Ubundi bagakwiye kujya badupima hakarebwa uko duhagaze kuko hari ababoneza bikanga agatwita cyangwa ukagira izindi ngaruka z’ubuzima “.

Umuyobozi w’ibitaro bya Byumba Dr Ntihabose Corneille, avuga ko  mbere yo gufasha uwariwe wese kuboneza urubyaro hakorwa ibintu bibiri; gusuzuma harebwa uko umubiri w’umuntu uhagaze, kuganirizwa basobanurirwa uburyo bunyuranye bwo kubonezamo urubyaro, nyuma ugafasha ubishaka kuboneza urubyaro bityo utabikora aba arenze ku mabwirizwa.

Ati: “Ubundi amabwiriza avuga ko ugomba gupima, ukanaganiriza ushaka kuboneza urubyaro nyuma ukamufasha guhitamo uburyo azakoresha , niba hari abatabikora baba barenze ku mabwiriza icyo tugiye gukora ni ubukangurambaga hagakurikizwa amabwiriza”.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC kivuga ko 1% byababoneza urubyaro bagirwaho ingaruka n’uburyo bakoresheje bwo kuboneza urubyaro,gusa ngo bose bahita bafashwa n’abaganga.

Eric Twahirwa  

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago