IMYIDAGADURO

Burna Boy wo muri Nigeria yatsindiye igihembo cya BET Awards

Umuhanzi w’Umunya Nigeria Burna Boy niwe watsindiye igihembo cya BET Awards mu cyiciro cya Best International Act ku ncuro ya kabiri.

Mu birori bya BET Awards byabereye kuri murandasi mu mujyi wa Los Angeles muri Leta zunze ubumwe z’Amerika mu rukerera rwo muri iki gitondo,

Umuhanzi Burna Boy wari mu cyiciro kimwe na Rema wo muri Nigeria, Innoss’B wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wari ugiyemo bwa mbere, Sho Madjozi wa Afrika y’Epfo, Stormzy wo mu Bwongereza ndetse na Ninho na S.Pri bo mu Bufaransa niwe wegukanye iki gihembo.

Avuga ijambo ryo kwakira iki gihembo, Burna Boy,

Yagize ati:“Ni ubwa kabiri nakiriye iki gihembo ndabyishimiye. Ndashaka gufata uyu mwanya ngo ngire icyo mvuga, mu mwaka wa 1835 ibihugu byo muri Afurika byarategetswe. Iki ni cyo gihe cyo kugira ngo dusubire tube ubwami twahoze turi, kuko kugira ngo ubuzima bw’umwirabura bugire agaciro, Afurika igomba kugira agaciro.”

Iki gihembo ni inshuro ya kabiri Burna Boy agitwaye kuko mu mwaka ushize nabwo yagitwaye ari mu cyiciro cya Best international Act hamwe na Mr Eazi, AKA, Dave, Giggs, Dosseh na Aya Nakamura.

Burna Boy niwe watsindiye igihembo cya BET Awards mu cyiciro cya Best International Act

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

U Bwongereza bwanze kwishyura akayabo bw’ishyuzwa n’u Rwanda

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko nta yandi mafaranga buzishyura u Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano…

1 day ago

Amerika yohereje Ahmed Napoleon wasize akoze Jenoside mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…

2 days ago

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

2 days ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

2 days ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

2 days ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

2 days ago