Mu birori bya BET Awards byabereye kuri murandasi mu mujyi wa Los Angeles muri Leta zunze ubumwe z’Amerika mu rukerera rwo muri iki gitondo,
Umuhanzi Burna Boy wari mu cyiciro kimwe na Rema wo muri Nigeria, Innoss’B wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wari ugiyemo bwa mbere, Sho Madjozi wa Afrika y’Epfo, Stormzy wo mu Bwongereza ndetse na Ninho na S.Pri bo mu Bufaransa niwe wegukanye iki gihembo.
Avuga ijambo ryo kwakira iki gihembo, Burna Boy,
Yagize ati:“Ni ubwa kabiri nakiriye iki gihembo ndabyishimiye. Ndashaka gufata uyu mwanya ngo ngire icyo mvuga, mu mwaka wa 1835 ibihugu byo muri Afurika byarategetswe. Iki ni cyo gihe cyo kugira ngo dusubire tube ubwami twahoze turi, kuko kugira ngo ubuzima bw’umwirabura bugire agaciro, Afurika igomba kugira agaciro.”
Iki gihembo ni inshuro ya kabiri Burna Boy agitwaye kuko mu mwaka ushize nabwo yagitwaye ari mu cyiciro cya Best international Act hamwe na Mr Eazi, AKA, Dave, Giggs, Dosseh na Aya Nakamura.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…