IZINDI NKURU

Karongi: Umugabo akurikiranweho kwica abantu babiri harimo na se umubyara

Ku Cyumweru umugabo uri mu kigero k’imyaka 43 yishe Se umubyara w’imyaka 81 ndetse yica umugore w’imyaka 61 amwitiranyije n’undi yashakaga kwica, amakimbirane yavuye ku kuba uriya musaza yarahaye umwuzukuru we ubutaka.

Nyakwigendera Gumiriza Isaakari utuye mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi, yari kumwe n’abavandimwe n’abaturanyi mu rugo rwe, ngo babe abagabo ko ahaye umurima umwuzukuru we yareze, kuko abana be bose yari yarabahaye umunani.

Umuhungu we witwa Ndayambaje Fabiyani w’imyaka 43 yahise ajya mu nzu azana ifuni ayikubita Se agwa aho.

Yahise yiruka ajya guhiga nyina w’uriya mwana wahawe umunani ageze mu gikari, aturuka inyuma umugore witwa Yamfashije Mariyana wo mu Murenge wa Rwankuba amwitiranyije na Nyina wa wa mwana wahawe umurima, amukubita ifuni na we ahita apfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitesi, Niyonsaba Cyriaque yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uriya mugabo yabanje gutoroka agikora biriya, ariko kuri uyu wa Mbere yishyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) i Karongi, muri Bwishyura.

Ati “Ubuyobozi, Polisi na RIB twagiye hariya ngo duhumurize abaturage kuko bamwe bashakaga kwihorera, twasanze yatorotse imirambo twayijyanye ku Bitaro Bikuru bya Karongi.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo umusaza yakoze abyemererwa kubera ko yatanze umutungo we, agasaba abaturage kwirinda kumena amaraso, no kugeza ku Bayobozi ibibazo babona byateza amakimbirane.

Source:Umuseke

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Kenya: Polisi iri gushakisha Pasiteri wakomereje abagore avuga ko abasengera amadayimoni

Mu gihugu cya Kenya, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich…

3 hours ago

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira yavuze ku iyicwa ry’imbwa ya Turahirwa Moses nawe warusimbutse

Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) Dr Murangira B. Thierry yasobanuye imvano y'urugomo rwakorewe Turahirwa Moses…

5 hours ago

Umukino wa shampiyona wagombaga guhuza APR Fc na Rayon Sports wimuriwe igihe

Urwego rutegura Shampiyona y’u Rwanda “Rwanda Premier League” rwimuye umukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona…

6 hours ago

Hashyizweho abayobozi bashya b’abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi

Ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare ni bwo imiryango ya EAC na SADC yabatangaje…

11 hours ago

Abashatse kwivugana Turahirwa Moses bikabapfubana bafashwe na Polisi

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho guhohotera Turahirwa Moses washinze…

22 hours ago

John Legend yasubije abari bamushyizeho igitutu ngo ntataramire mu Rwanda

Umuhanzi w'icyamamare John Legend, wari washizweho igitutu cyo guhagarika gukorera igitaramo i Kigali, yavuze ko…

1 day ago