IZINDI NKURU

Karongi: Umugabo akurikiranweho kwica abantu babiri harimo na se umubyara

Ku Cyumweru umugabo uri mu kigero k’imyaka 43 yishe Se umubyara w’imyaka 81 ndetse yica umugore w’imyaka 61 amwitiranyije n’undi yashakaga kwica, amakimbirane yavuye ku kuba uriya musaza yarahaye umwuzukuru we ubutaka.

Advertisements

Nyakwigendera Gumiriza Isaakari utuye mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi, yari kumwe n’abavandimwe n’abaturanyi mu rugo rwe, ngo babe abagabo ko ahaye umurima umwuzukuru we yareze, kuko abana be bose yari yarabahaye umunani.

Umuhungu we witwa Ndayambaje Fabiyani w’imyaka 43 yahise ajya mu nzu azana ifuni ayikubita Se agwa aho.

Yahise yiruka ajya guhiga nyina w’uriya mwana wahawe umunani ageze mu gikari, aturuka inyuma umugore witwa Yamfashije Mariyana wo mu Murenge wa Rwankuba amwitiranyije na Nyina wa wa mwana wahawe umurima, amukubita ifuni na we ahita apfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitesi, Niyonsaba Cyriaque yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uriya mugabo yabanje gutoroka agikora biriya, ariko kuri uyu wa Mbere yishyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) i Karongi, muri Bwishyura.

Ati “Ubuyobozi, Polisi na RIB twagiye hariya ngo duhumurize abaturage kuko bamwe bashakaga kwihorera, twasanze yatorotse imirambo twayijyanye ku Bitaro Bikuru bya Karongi.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo umusaza yakoze abyemererwa kubera ko yatanze umutungo we, agasaba abaturage kwirinda kumena amaraso, no kugeza ku Bayobozi ibibazo babona byateza amakimbirane.

Source:Umuseke

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago