UBUZIMA

Abantu 180 bakize Corona Virusi umunsi umwe mu Rwanda

Abantu 180 bakurikiranwaga n’inzego z’ubuzima kubera basanzwemo COVID-19 bakize basezererwa umunsi umwe aho bavurirwaga.

Ibi n’ibyagaragaye mu itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 14 Nzeri 2020.

Aho abagera ku 180 bakize Corona Virusi mugihe 11 aribo bagaragaye ko banduye iki cyorezo mu bipimo 1,687 byafashwe mu masaha 24 ashize.

Ibi bikaba byatumye umubare w’abakirwaye ugabanuka kugera ku 1,844.

Iki cyorezo kuva cyagaragara mu Rwanda abagera ku 4,602 bamaze kucyandura muri bo 2,736 barakize, kikaba kimaze guhitana 22. Abagaragaye bashya uyu munsi; Kigali 5, Nyamagabe 3, Bugesera 1, Rulindo 1, Rusizi 1 nk’uko byagaragaye mu itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda.

Iyi mibare yabanduye ikaba iri kugenda igabanuka nyuma y’uko hashyizweho amabwiriza mashya mu mujyi wa kigali atemerera imodoka zitwara abagenzi muri rusange kwinjira cyangwa gusohoka muri kigali uretse abatwara imodoka z’abantu ku giti cyabo.

Uyu niwo mubare munini w’abantu basezerewe umunsi umwe kwa muganga nyuma yo gusuzumwa ibipimo bikagaragaza ko nta COVID-19 bagifite kuva igaragaye mu Rwanda muri Werurwe 2020.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

1 hour ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

5 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

6 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

9 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago