UBUZIMA

Kigali: Abantu babiri bishwe na Corona Virusi, abamaze guhitanwa nayo baba 25

Abantu babiri bishwe na Corona Virusi umunsi umwe, abamaze guhitanwa nayo bose hamwe babaye 25.

Advertisements

Mu itangazo rya Minisiteri y’ubuzima ryo kuri uyu wa gatanu tariki 19 Nzeri 2020, rivuga ko abantu babiri barimo uw’imyaka 80 n’uwa 29 bitabye Imana i Kigali bazize COVID-19 iterwa n’ahakoko ka Corona.

Iri tangazo rivuga ko abantu 18 aribo bagaragaye bashya banduye uyu munsi mu bipimo 1549, ni ukuvuga mu masaha 24 ashize.

Ibi byatumye imibare y’abamaze kwandura iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda ari; 4,671. Ariko 2845 muri bo barakize basezererwa mu bitaro harimo 28 bakize uyu munsi bangana na 61 ku ijana (61%), abakirwaye akaba ari 1801.

Muri rusange mu Rwanda hamaze gupimwa abantu bagera ku 471,767.

Iki cyorezo kibasiye Isi, kuri ubu kimaze guhitana abatari bake abandi bakirikiranwa n’inzego z’Ubuzima barakira, ibihugu biza ku isonga mu kugira ubwandu bushya bwinshi ni Leta zunze Ubumwe z’america, Ubuhinde na Brezil.

Kugeza ubu iki cyorezo ntikirabonerwa umuti n’urukingo, kuyirinda ni ukwambara agapfukamunwa igihe ugiye ahahurira abantu benshi, guhana intera byibura ya metero imwe mugihe uri kumwe n’abandi bantu, ndetse no gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune.

Mu gihe ubonye uwagaragaza ibimenyetso wahamagara umurongo utishyurwa wa 114, agahabwa ubufasha.

 

 

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago