IYOBOKAMANA

RGB yahagaritse inzego zose z’ubuyobozi za ADEPR

Ikigo k’igihugu gishinzwe imiyoborere RGB cyatangaje ko cyahagaritse inzego zose z’ubuyobozi z’itorero ADEPR kugirango hacyemumwe ibibazo by’imiyoborere mibi n’amakimbirane bimaze igihe bigaragara muri iri torero.

RGB yatangaje ko kuva kuri uyu wa 02 Ukwakira 2020, inzego zirimo; Komite nyobozi, Inama y’ubuyobozi, Komite nkemurampaka, n’inteko rusange bya ADEPR zivuyeho.

Ni nyuma y’imiyoborere mibi no kutumvikana byakomeje kuranga ubuyobozi bw’iri torero aho bamwe mu bayobozi banagiye bahagarikwa mu buryo butumvikanyweho.

Muri Kamena 2020, uwari umuvugizi wungirije w’iri torero ya Rev. Karangwa John nibwo yafunguwe nyuma y’amezi agera ku munani avunze ashijwa gukoresha inyandiko mpimbano mu itorero.

 

Ku wa 30 Kamena 2020, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko Rev Karangwa ari umwere ariko Ubushinjacyaha buhita bujurira icyo cyemezo. Karangwa agifungurwa yasubiye mu mirimo anahabwa ibigenerwa umukozi birimo imodoka.

Mu mezi umunani yamaze atari mu kazi yasabaga ADEPR amafaranga y’u Rwanda miliyoni 28 y’imishahara atahembewe. Byakurikiwe no kwandikirwa abazwa aho yari ari mu gihe atari mu nshingano ze.

Ibi bikaba byarateje umwuka mubi no kutumvikana ku bayobozi ba ADEPR, aho kuya 30 Nzeri 2020, Rev Karangwa yandikiwe ibaruwa imuhagarika ku mirimo by’agateganyo mugihe cy’amezi 3, nkuko byari byemejwe n’inama y’ubuyobozi yateranye kuya 26 Nzeri 2020, ashinjwa kumena amabanga y’itorero n’andi makosa batavuagagaho rumwe.

Aha akaba yarahise anasabwa gutanga imfunguzo z’imodoko y’akazi yakoreshaga (Contake), n’ibindi byangombwa byayo byose.

 

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

2 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

22 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

22 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

23 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

23 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago