IYOBOKAMANA

Pastor Ndayizeye Isaie yagizwe umuyobozi w’inzibacyuho wa ADEPR anayihagararira mu mategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 08 Ukwakira 2020, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rufite mu nshingano imiryango itari iya leta irimo n’ishingiye ku myemerere nka nk’Amadini n’amatorero, rwashyizeho Komite y’inzibacyuho ya ADEPR nyuma y’iminsi mike ikuyeho ubuyobozi bw’uyu muryango kubera ko butabashije kubahiriza inshingano ziteganywa n’amategeko.

Advertisements

Mu bayobozi bashyizweho harimo; Pasiteri Ndayizeye Isaie wagizwe Umuyobozi wa Komite y’inzibacyuho akanahagararira ADEPR mu mategeko, yungirijwe na Pasiteri Rutagarana Eugene, mu gihe Umuyobozi Nshingwabikorwa ari Pasiteri Budigiri Herman.

Umuhoza Aulerie yagizwe umuyobozi ushimzwe imari, imitungo n’imishinga by’itorero, naho umuyobozi ushinzwe abakozi n’ubutegetsi aba Gatesi Vestine.

RGB yatangaje ko iyi komite ifite igihe kingana n’amezi cumi n’abiri uhereye ku wa 8/10/2020, gishobora kongerwa igihe bibaye ngombwa.

Iyi Komite nshya y’inzibacyuho yahawe inshingano z’ingenzi zirimo; kuvugurura imiyoborere, amategeko, inzego z’imiyoborere n’inzego z’imirimo ndetse n’imikorere n’imikoranire muri ADEPR, no gushyiraho uburyo buhamye kandi butanga umuti urambye wo kubaka umuryango wa ADEPR.

Iyi komite yanasabwe gukoresha igenzura ry’imikorere, abakozi n’umutungo bya ADEPR kugira ngo rifashe muri ayo mavugurura no kwemeza no gushyira mu bikorwa amavugurura muri ADEPR.

Komite nshya yashyizweho isimbuye iyari ikuriwe na Rev Karuranga Ephrem, iheruka gukurwaho nyuma y’imyaka irenga itatu ku kuyobozi.

Ku wa 2 Ukwakira 2020, nibwo RGB yafashe icyemezo cyo gukuraho inzego z’ubuyobozi zose muri ADEPR zirimo na Biro Nyobozi y’iri torero, nyuma y’ibibazo byari bimaze iminsi birivugwamo.

Yanditswe na Mpabwanimana Jean Paul

DomaNews.rw

View Comments

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago