Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri yemeje ko Imodoka zitwara abagenzi muri rusange, zigomba kubatwara imyanya yose yicawemo.
Iyi nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wambere tariki 12 Ukwakira 2020, iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, muri Village Urugwiro, yashimangiye imwe mu myanzuro y’ibyemezo by’inama byafashwe mu nama iheruka, inashyiraho ingamba nshya zo kwirinda ikwira kwira ry’icyorezo cya Corona Virusi.
Imwe mu myanzuro mishya yafashwe n’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri harimo kuba;
Bamwe mu baturage bari bategereje ko utubari ndetse n’imikino y’amahirwe izwi nka Betting bikomorerwa, nyamara siko byagenze kuko mu myanzuro y’iyi nama nta byigeze bigaragaramo, ibi bivuze ko birakomeza gufungwa cyane ko aribyo bigaragara ko bitegerejwe na benshi bisigaye bitarakomorerwa.
Ni nyuma y’amezi agera kuri 7, ibikorwa byinshi byarafunzwe kubera kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 giterwa n’agakoko ka Corona Virusi.
Iyi myanzuro y’inama y’Abaminisitiri ikaba yemeje imyanzuro y’inama nk’iyi yateranye kuya 25 Nzeri 2020, bikaba biteganyijwe ko izongera guterana nyuma y’iminsi 15 nk’uko bisanzwe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…
View Comments
Twizere ko na tickets bahita bazigabanyiriza igiciro