Ikigo k’Igihugu ngenzuramikorere RURA cyatangaje ibiciro bishya by’ingendo biratangira kubahirizwa kuri uyu wa 15 Ukwakira 2020.
RURA ivuga ko hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 12 Ukwakira 2020, byemejwe ko imodoka zitwara abantu rusange zifite imyanya y’abagenda bicaye gusa zemerewe gutwara abagenzi bangana ni 100% by’umubare wagenwe, naho bisi zitwara abicaye n’abahagaze, zemerewe gutwara 100% bicaye mu myanya ya genwe na 50% by’abagomba kugenda bahagaze.
Uko ibiciro bishya by’ingendo bimeze
Ibi biciro bishya bigabanyijwe nyuma y’amezi agera kuri atanu byarongereweho 47%, kuko imodoka zatwaraga abagenzi bangana na 50% by’abagomba kujya mu mudoka zitwara abantu muri rusange, kubera kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Corona Virusi.
Aha kandi Urwego ngenzuramikorere rushishikariza abaturage gukomeza kubahiriza andi mabwiriza yo kwirinda COVID-19 mu gihe bari mu modoka, aho bagomba gufungura ibirahure byose by’imodoka igihe cyose uretse mu gihe imvura iri kugwa, gukaraba intoki mbere yo kujya mu modoka na nyuma yo kuyivamo, kwambara agapfukamunwa neza, no kwiriza gusuhuzanya bakorabaho cyangwa bahoberana, yongeraho ko kurenga kuri aya mabwiriza bihanirwa.
Kureba ibiciro bishya by’ingendo mu mujyi wa Kigali “KANDA HANO”
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…