UBUCURUZI

RURA yahinduye ibiciro by’ingendo bitavugwagaho rumwe n’abaturage

Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu modoka rusange mu Rwanda byagabanyijwe ugereranyije n’ibyari byashyizweho kuya 14 Ukwakira uyu mwaka.

Itangazo RURA yanyujije ku rukuta rwayo wa twitter rivuga ko ibiciro byahinduwe aho, ibiciro ku ngendo zihuza intara ari amafaranga 21 kuri kilometero ku mugenzi. Mu mujyi wa Kigali ni amafaranga 22 kuri kilometero mu gihe mbere yari 29.

Ibi bije bikurikira igitutu cy’abaturage basabaga ko ibiciro byashyizweho byagabanuka kuko ntaho byari bitandukaniye n’ibyazamuwe mu gihe cya COVID-19 kuri bamwe.

RURA ivuga ko ibiciro byari byarashyizweho byahagaritswe mu gihe hagisuzimwa uko ubukungu bugenda bwisuganya muribi bihe bya Corona Virusi. Leta ikaba izatanga ubwunganizi ku giciro k’ingendo, mu rwego rwo kunganira abagenzi kubera ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryatewe na Corona Virusi.

Tariki ya 14 Ukwakira 2020, RURA yari yashyizeho ibiciro bishya nyuma y’uko inama y’Abaminisitiri iherutse guterana yemeje ko imodoka zitwara abagenzi muri rusange zongera umubare w’abantu bari baragabanyijwe kubera kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Bamwe mubaturage bakaba baragaragaje ko batishimiye ibi biciro byari byashyizweho kuko byari biri hejuru y’ibyakoreshwaga mbere y’uko Corona Virusi igaragara mu Rwanda ingendo zigahagarara, ibi abaturage babifashe nko kurengera inyugu z’abashoramari kuruta izo abaturage.

Aho bamwe bahisemo kwifashisha imbuga nkoranyambaga bagaragaza izamurwa rikomeye ry’ibiciro abandi bagatakamba binyuze mu itangazamakuru.

 

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

7 hours ago

Burundi: Abantu bataramenyekana bateye za Grenade mu Tubari

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu…

8 hours ago

Harmonize ari kwikomanga mu gatuza nyuma yo guca agahigo ka Diamond Platnumz

Umuhanzi wamamaye muri Tanzania Harmonize ari kwicinya icyara muri nyuma yo aciye agahigo kari gafitwe…

11 hours ago

Abafana ba Rayon Sports barashimira RGB yabakuye mu bibazo by’imiyoborere mibi

Kuri ubu abafana ba Rayon Sports bari baragiye mu gihirahiro kubera ikipe yabo yari iyobowe…

15 hours ago

Muhanga: Abanyeshuri 15 bakoze impanuka umwe anakuka amenyo ane

Abanyeshuri biga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TSS St Sylvain bari baje mu marushanwa ya…

1 day ago

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

3 days ago