UBUCURUZI

RURA yahinduye ibiciro by’ingendo bitavugwagaho rumwe n’abaturage

Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu modoka rusange mu Rwanda byagabanyijwe ugereranyije n’ibyari byashyizweho kuya 14 Ukwakira uyu mwaka.

Itangazo RURA yanyujije ku rukuta rwayo wa twitter rivuga ko ibiciro byahinduwe aho, ibiciro ku ngendo zihuza intara ari amafaranga 21 kuri kilometero ku mugenzi. Mu mujyi wa Kigali ni amafaranga 22 kuri kilometero mu gihe mbere yari 29.

Ibi bije bikurikira igitutu cy’abaturage basabaga ko ibiciro byashyizweho byagabanuka kuko ntaho byari bitandukaniye n’ibyazamuwe mu gihe cya COVID-19 kuri bamwe.

RURA ivuga ko ibiciro byari byarashyizweho byahagaritswe mu gihe hagisuzimwa uko ubukungu bugenda bwisuganya muribi bihe bya Corona Virusi. Leta ikaba izatanga ubwunganizi ku giciro k’ingendo, mu rwego rwo kunganira abagenzi kubera ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryatewe na Corona Virusi.

Tariki ya 14 Ukwakira 2020, RURA yari yashyizeho ibiciro bishya nyuma y’uko inama y’Abaminisitiri iherutse guterana yemeje ko imodoka zitwara abagenzi muri rusange zongera umubare w’abantu bari baragabanyijwe kubera kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Bamwe mubaturage bakaba baragaragaje ko batishimiye ibi biciro byari byashyizweho kuko byari biri hejuru y’ibyakoreshwaga mbere y’uko Corona Virusi igaragara mu Rwanda ingendo zigahagarara, ibi abaturage babifashe nko kurengera inyugu z’abashoramari kuruta izo abaturage.

Aho bamwe bahisemo kwifashisha imbuga nkoranyambaga bagaragaza izamurwa rikomeye ry’ibiciro abandi bagatakamba binyuze mu itangazamakuru.

 

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

1 hour ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

22 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

22 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

22 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

23 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago