UBUCURUZI

RURA yahinduye ibiciro by’ingendo bitavugwagaho rumwe n’abaturage

Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu modoka rusange mu Rwanda byagabanyijwe ugereranyije n’ibyari byashyizweho kuya 14 Ukwakira uyu mwaka.

Advertisements

Itangazo RURA yanyujije ku rukuta rwayo wa twitter rivuga ko ibiciro byahinduwe aho, ibiciro ku ngendo zihuza intara ari amafaranga 21 kuri kilometero ku mugenzi. Mu mujyi wa Kigali ni amafaranga 22 kuri kilometero mu gihe mbere yari 29.

Ibi bije bikurikira igitutu cy’abaturage basabaga ko ibiciro byashyizweho byagabanuka kuko ntaho byari bitandukaniye n’ibyazamuwe mu gihe cya COVID-19 kuri bamwe.

RURA ivuga ko ibiciro byari byarashyizweho byahagaritswe mu gihe hagisuzimwa uko ubukungu bugenda bwisuganya muribi bihe bya Corona Virusi. Leta ikaba izatanga ubwunganizi ku giciro k’ingendo, mu rwego rwo kunganira abagenzi kubera ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryatewe na Corona Virusi.

Tariki ya 14 Ukwakira 2020, RURA yari yashyizeho ibiciro bishya nyuma y’uko inama y’Abaminisitiri iherutse guterana yemeje ko imodoka zitwara abagenzi muri rusange zongera umubare w’abantu bari baragabanyijwe kubera kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Bamwe mubaturage bakaba baragaragaje ko batishimiye ibi biciro byari byashyizweho kuko byari biri hejuru y’ibyakoreshwaga mbere y’uko Corona Virusi igaragara mu Rwanda ingendo zigahagarara, ibi abaturage babifashe nko kurengera inyugu z’abashoramari kuruta izo abaturage.

Aho bamwe bahisemo kwifashisha imbuga nkoranyambaga bagaragaza izamurwa rikomeye ry’ibiciro abandi bagatakamba binyuze mu itangazamakuru.

 

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago