Inama y’Abaminisitiri yemeje ko ibikorwa by’imikino y’amahirwe byari byarafunzwe kubera COVID-19, bigiye gufungurwa mu byiciro.
Mu nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 27 Ukwakira 2020, muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje imyanzuro y’inama iheruka yo kuwa 12 Ukwakira 2020, ifata indi myanzuro ku mabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya Corona Virusi mu Rwanda.
Mu myanzuro mishya yafashwe harimo:
Imikino y’amahirwe izwi nka “Betting” yakomorewe nyuma y’amezi agera kuri 7 ifunzwe kubera icyorezo cya Corona Virusi cyagaragaye mu Rwanda kuva muri Werurwe 2020.
Abaturage kandi bongeye kwibutswa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorero cya Corona Virusi, bubahiriza inama za Minisiteri y’ubuzima nko; kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba intoki kenshi gashoboka, no gusiga intera hagati y’umuntu n’undi. Izi zikaba ari zimwe mu ngamba zizanagenderwaho hafungurwa ibikorwa by’imikino y’amahirwe.
Inama y’Abaminisitiri mu Rwanda, iterana nyuma y’iminsi 15 aho harebwa uko icyorezo cya Corona Virusi gihagaze hagendewe ku makuru atangwa n’inzego z’ubuzima, aya makuru niyo agenderwaho hafatwa izindi ngamba nyuma yo kubona uko gihagaze mu gihugu.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…