UBUZIMA

Umugabo umwe yishwe na COVID-19 i Kigali, hagaragara 166 banduye bashya

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umuntu umwe yishwe na Coronavirus mu Rwanda mu gihe abayanduye biyongereyeho 166 bituma umubare wabo ugera kuri 9950 mu gihugu hose.

Umugabo w’imyaka 55 wo mu Mujyi wa Kigali yabaye uwa 125 yahitanywe na Coronavirus mu Rwanda.

Advertisements

Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko mu bipimo 1937 byafashwe kuri uyu wa Kabiri habonetse abanduye 166 mu gihe nta barwayi bagikize mu masaha 24 yashize.

Abarwayi bashya bagaragaye muri Kigali: 108, Huye: 18, Kirehe: 9, Rwamagana: 7, Nyagatare: 7, Rubavu: 6, Muhanga: 6, Nyamasheke: 3, Rusizi: 1, Bugesera: 1

Kuri ubu mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo 771 275, byasanzwemo abantu 9950 banduye Coronavirus, abagera ku 6974 bamaze kuyikira mu gihe abakirwaye ari 2851.

Ijanisha ryerekana ko umubare w’abicwa na Coronavirus uhagaze kuri 1.2% mu gihe abayandura na bo batumbagiye ku kigero cya 8.6%.

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.

Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

 

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago