UBUZIMA

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yabimburiye abandi bayobozi gufata urukingo rwa COVID-19

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yabaye umwe mu bayobozi bakuru b’igihugu babimburiye abandi banyarwanda gukingirwa Covid-19.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, mu gihugu hose hatangiye ibikorwa byo gukingira icyorezo cya Covid-19, nyuma y’iminsi ibiri u Rwanda rwakiriye inkingo za mbere zakozwe n’ibigo birimo AstraZeneca na Pfizer.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel wafatiye Dose yambere y’urukungo rwa COVID-19 ku bitaro bya Masaka mu karere ka Kicukiro,avuga ko yiyumva neza mu mubiri ku buryo n’Abanyarwanda bose bakwitabira uru rukingo nk’uko inzego nkuru z’igihugu zikomeje kubibashishikariza.

Kuri uyu wa Kane, hiriweho ibikorwa byo gukwirakwiza izo nkingo ku bitaro n’ibigo nderabuzima, kugira ngo ibikorwa byo gukingira bitangire nta kibazo na kimwe gihari.

Mu duce dutandukanye, abakora mu nzego z’ubuzima kuva ku bakora mu bigo bya Leta, amavuriro, ibitaro, abageze mu zabukuru n’abandi bazindukiye kuri site zatoranyijwe, bategereje guhabwa urukingo rwitezweho gufasha igihugu gukingira Covid-19, bikaba umuryango uganisha ku gusubiza ibintu mu buryo ibikorwa by’iterambere bigasubukurwa uko byahoze.

Biteganyijwe ko bitarenze Kamena 2022, 60% by’Abanyarwanda bazaba bamaze gukingirwa ari nabwo hazaba hari icyizere cyuzuye cyo guhashya ubwandu bushya.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Amerika yohereje Ahmed Napoleon wasize akoze Jenoside mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…

8 hours ago

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

11 hours ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

14 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

16 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

18 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

2 days ago