IMYIDAGADURO

Ingabire Grace niwe wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2021

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Werurwe2021, nibwo hasojwe irushanwa ry’abakobwa 20 bahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021.

Advertisements

Ingabire Grace yegukanye iri kamba ry’uyu mwaka ryari rifitwe na Ishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, iri rushanwa rikaba ryabaye rikurikiranwa higashishijwe Ikoranabuhanga kubera icyorezo cya COVID-19.

Uko abakobwa bakurikiranye:
Gaju Evelyne yabaye Miss congeniality, Miss photogenic yabaye Uwase Phiona, Umutoniwase Sandrine yahembwe nk’umukobwa wagaragaje impano, Miss hertage ni Ishimwe Sonia.

Uwegukanye ikamba rya Miss Popularity yabaye Kayirebwa Marie Paul naho Musana Teta Hence aba umukobwa wagaragaje umushinga mwiza uzaterwa inkunga kugirango izashyirwe mu bikorwa.

Umutoni Witness yabaye Igisonga cya kabiri, uwatsindiye umwanya w’igisonga cya mbere ni Akariza Amanda.

Nyampinga w’u Rwanda 2021 Ingabire Grace, ni umukobwa w’imyaka 25 witabiriye iri rushanwa ahagarariye Umujyi wa Kigali.

Akaba ariwe wegukanye iri kamba ryahatanirwaga n’abakobwa bagera kuri 20 bari bamaze igihe cy’ibyumweru bibiri muri mu mwiherero(Boot camp).

Uyu mwaka wa 2021 hakaba hari hiyandikishije abakobwa barenga 400, hatoranyijwemo abakomereje mu mwiherero, aribo batoranyijwemo Nyampinga w’u Rwanda 2021 wahize abandi.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago