Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho icyunamo mu gihugu hose guhera uyu munsi tariki 18 Werurwe 2021, kugeza ku munsi uwari Perezida wa Tanzania Nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli azashyingurirwaho.
Babinyujije ku rukuta rwa Twitter y’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe iri tangazo rigira riti: “Murwego rwo kwifatanya mu kababaro n’Igihugu cy’abavandimwe ndetse n’abaturage ba Repubulika yunze ubumwe ya Tanzaniya kubera Urupfu rw’uwari umukuru w’cyo Gihugu, Nyakubahwa Dr John Pombe Joseph Magufuri.
Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yashyizeho igihe cy’icyunamo mu gihugu hose guhera uyu mu so kuzageza ku munsi Nyakwigendera Perezida wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzaniya azashyingurirwa. Amabendefa y’u Rwanda n’ayo umuryango y’Afurika y’Uburasirazuba arururutswa kugera hagati mu Rwanda hose ndetse no muri Ambasade zarwo.
Dukomeje kwifatanya no kwihanganisha Abaturage n’Ubuyobozi bwa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya ndetse n’Umuryango wa Nyakubahwa Perezida Magufuli”.
Urupfu rwa Perezida wa Tanzaniya Dr John Pombe Joseph Magufuli, rwatangajwe na Visi Perezida w’iki Gihugu mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 binyuze kuri Televiziyo y’Igihugu ya Tanzaniya.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…
Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…
Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…
Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…
Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…
Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…