MU MAHANGA

Nyuma y’iruka rya Nyiragongo Ikirunga cya Nyamuragira nacyo cyarutse

Ikirunga cya Nyamuragira cyatangiye kurukira muri Pariki y’Ibirunga nkuko Minisiteri ishinzwe itumanaho muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC) yabitangaje uyu munsi.

Advertisements

Ikirunga cya Nyamuragira kirutse nyuma y’icyumweru kimwe gusa ikindi cya Nyiragongo nacyo kirutse kikaba kigikomeje kugira ingaruka ku banyekongo cyanarukaga cyerekeza mu mujyi wa Goma na Gisenyi, byanatumye abanyekongo benshi bahunga ndetse n’abanyarubavu.

Uyu munsi imitingito myinshi yibasiye abatuye umujyi wa Goma bituma, ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru busaba abatuye umujyi wa Goma guhunga uwo mujyi berekeza ahitwa i Sake bagana i Masisi na Bukavu, mu gihe abandi bahungiye mu Rwanda.

Iki kirunga cya Nyamuragira cyarutse kerekeza mu gace kadatuwe n’abantu kuburyo byitezwe ko kitazagira ingaruka nyinshi nkizatewe na Nyiragongo,gusa abantu bakomeje guhunga imitingito y’uruhurirane

Itangazo riri kuri twitter ya Minisiteri y’itumanaho ya DRC, ivuga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarukiye mu gace kadatuwe.

Ikirunga cya Nyamuragira cyarutse kerekeza mu gace kadatuwe n’abantu

ABAYO MINANI John/Domanews

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago