Nyuma yo gutangaza ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse, Minisiteri ishinzwe itumanaho muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo(DRC) yivuguruje nyuma yo gukora ubushakashatsi igasanga ari umwotsi w’abatwikaga amakara.
Minisiteri ishinzwe itumanaho muri RDC yavuguruje amakuru yari yatangaje yavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarutse ndetse ko cyarukiye mu gace kadatuwe n’abantu, ikemeza ko habayeho kwibeshya no kwitiranya ibintu.
Iyi Minisiteri yatangaje ko nyuma yo gushishoza, basanze ari ibikorwa byo gutwika amakara aho kuri Nyamuragira byatumye mu kirere cyaho huzura imyotsi myinshi, ari ho bahereye bavuga ko icyo kirunga cyarutse, gusa ngo nticyigeze kiruka.
Hakurikijwe imitingito imaze iminsi yibasiye RDC,nibyo byatumye bikanga iri ruka rya Nyamuragira ikaba yangije n’ibintu byinshi, kuko ubusanzwe mbere y’uko ikirunga kiruka habanza imitingito nk’uko impuguke zibivuga, gusa Nyiragongo yo yarutse nta mitingito yabanje kuba.
Itangazo ryari ryabanje kuri twitter ya Minisiteri y’itumanaho ya DRC, ryavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyarukiye mu gace kadatuwe, gusa nyuma y’igihe gito hasohotse irivuguruza irya mbere nyuma yo gukora igenzura.
ABAYO MINANI John/Domanews
Umuhanzi wamamaye muri Tanzania Harmonize ari kwicinya icyara muri nyuma yo aciye agahigo kari gafitwe…
Kuri ubu abafana ba Rayon Sports bari baragiye mu gihirahiro kubera ikipe yabo yari iyobowe…
Abanyeshuri biga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TSS St Sylvain bari baje mu marushanwa ya…
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…
Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…
Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…