INKURU ZIDASANZWE

Gatenga: Gaz yaturikiye mu nzu ikomeretsa umuntu umwe

Ku gicamunsi cyo kuri ki cyumweru Gaz yaturikiye mu nzu y’umuturage mu murenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro ikomeretsa umwana w’umukobwa kubw’amahirwe nta wahasize ubuzima.

Advertisements

Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Nyanza mu mudugudu wa Sabaganga, kuri ki cyumweru tariki ya 04 Nyakanga 2021 ahagana saacyenda n’igice.

Iyi Gaz yaturikanye umukobwa w’imyaka 23 ukora muri uru rugo ubwo yageragezaga kuyicana ngo ayitekeho, Nkorerimana Jean Damascene wari hafi y’uwo Gaz yaturikanye yatangarije Umunyamakuru wa DomaNews ko yamukomerekeje ku bibero no ku maboko.

Yagize ati: “Yayakije ngo ayicane ubundi hazamuka umwotsi, ayifunze iranga ahubwo Gaz irazamuka ihita yaka, yahiye ibibero no ku maboko bamujyanye kwa muganga habaye umukara”.

Mukanyarwaya Donatha nyiri urugo rwaturikiyemo Gaz, avuga ko aribwo baribavuye kuyigura kandi yari yuzuye.

Ati: ” Yaravuye kuyizana yuzuye, ituritse ari kiyicana ngo ayikoreshe, twagerageje kwitabara baratubwira ngo dutose ibiringiti dushyireho ariko ntibyagira icyo bitanga”.

Nyuma y’uko iyi mpanuka ibaye ubwo banageragezaga kwirwanaho banahamagaye Police Ishami rishinzwe ubutabazi bw’inkongi z’umuriro baza kubatabara bazimya uwari usigaye mu nzu, uwakomerekejwe na Gaz akaba yajyanwe kwa muganga kugirango avurwe.

Iyi Gaz yaturikiye mu gikoni, yangije bimwe mu bikoresho bakoreshaga, harimo ameza yo mu gikoni, n’ibindi byoroheje nk’uko abo muri uru rugo batangaje. Aho bavugako nta bikoresho byinshi bari basanzwe babikamo uretse ibigiye gukoreshwa muri ako kanya.

Aho Gaz yaturikiye umuriro wari wafunze umuryango w’Inzu
Ishami rya Police rishinzwe Ubutabazi bw’Inkongi y’umuriro bahise batabara
Imodoka izimya ikongi y’Umuriro yahise itabara

Ibikoresho byari biri mu Gikoni byose byangijwe n’inkongi y’umuriro

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago