Ishami rwa Police rishinzwe Ubutabazi mu by'Inkongi z'umuriro bahise batabara
Ku gicamunsi cyo kuri ki cyumweru Gaz yaturikiye mu nzu y’umuturage mu murenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro ikomeretsa umwana w’umukobwa kubw’amahirwe nta wahasize ubuzima.
Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Nyanza mu mudugudu wa Sabaganga, kuri ki cyumweru tariki ya 04 Nyakanga 2021 ahagana saacyenda n’igice.
Iyi Gaz yaturikanye umukobwa w’imyaka 23 ukora muri uru rugo ubwo yageragezaga kuyicana ngo ayitekeho, Nkorerimana Jean Damascene wari hafi y’uwo Gaz yaturikanye yatangarije Umunyamakuru wa DomaNews ko yamukomerekeje ku bibero no ku maboko.
Yagize ati: “Yayakije ngo ayicane ubundi hazamuka umwotsi, ayifunze iranga ahubwo Gaz irazamuka ihita yaka, yahiye ibibero no ku maboko bamujyanye kwa muganga habaye umukara”.
Mukanyarwaya Donatha nyiri urugo rwaturikiyemo Gaz, avuga ko aribwo baribavuye kuyigura kandi yari yuzuye.
Ati: ” Yaravuye kuyizana yuzuye, ituritse ari kiyicana ngo ayikoreshe, twagerageje kwitabara baratubwira ngo dutose ibiringiti dushyireho ariko ntibyagira icyo bitanga”.
Nyuma y’uko iyi mpanuka ibaye ubwo banageragezaga kwirwanaho banahamagaye Police Ishami rishinzwe ubutabazi bw’inkongi z’umuriro baza kubatabara bazimya uwari usigaye mu nzu, uwakomerekejwe na Gaz akaba yajyanwe kwa muganga kugirango avurwe.
Iyi Gaz yaturikiye mu gikoni, yangije bimwe mu bikoresho bakoreshaga, harimo ameza yo mu gikoni, n’ibindi byoroheje nk’uko abo muri uru rugo batangaje. Aho bavugako nta bikoresho byinshi bari basanzwe babikamo uretse ibigiye gukoreshwa muri ako kanya.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…