Umuhanzikazi Clarisse Karasira uherutse ku rushinga yifashishije amagambo yo mu ndirimbo “Zuba ryanjye” y’Umuhanzi Sebanani Andrea atera imitoma umukunzi we Dejoie Sylvain Ifashabayo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Clarisse Karasira yagaragaje ifoto arikumwe n’umukunzi we ayiherekeresha amagambo agira ati: “Wirukanye umwijima umucyo watashye mu mutima wanjye. Uragahore uri Mutijima,inseko yawe iragahore icyeye”.
Aya magambo akaba yumvikana mu ndirimbo “Zuba ryanjye” y’umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zo hambere watabarutse Sebanani Andre.
Tariki ya 01 Gicurasi 2021, nibwo Umuhanzi w’umunyarwandakazi Clarisse Karasira yasezeranye n’umukunziwe Ifashabayo Sylvain Dejoie imbere y’Imana nyuma y’uko bari bamaze igihe gito basezeranye mu mategeko.
Ubukwe bwabo bwabereye mu rusengero rwa Christian Life Essambly Embassy ruherereye i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali.
Uru rugo rukaba rugaragara mu miryango iri mu munyenga w’urukundo kubera ibyo buriwese agenda atangaza kuri mugenzi we babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo bombi.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…