Umuhanzikazi Clarisse Karasira uherutse ku rushinga yifashishije amagambo yo mu ndirimbo “Zuba ryanjye” y’Umuhanzi Sebanani Andrea atera imitoma umukunzi we Dejoie Sylvain Ifashabayo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Clarisse Karasira yagaragaje ifoto arikumwe n’umukunzi we ayiherekeresha amagambo agira ati: “Wirukanye umwijima umucyo watashye mu mutima wanjye. Uragahore uri Mutijima,inseko yawe iragahore icyeye”.
Aya magambo akaba yumvikana mu ndirimbo “Zuba ryanjye” y’umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zo hambere watabarutse Sebanani Andre.
Tariki ya 01 Gicurasi 2021, nibwo Umuhanzi w’umunyarwandakazi Clarisse Karasira yasezeranye n’umukunziwe Ifashabayo Sylvain Dejoie imbere y’Imana nyuma y’uko bari bamaze igihe gito basezeranye mu mategeko.
Ubukwe bwabo bwabereye mu rusengero rwa Christian Life Essambly Embassy ruherereye i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali.
Uru rugo rukaba rugaragara mu miryango iri mu munyenga w’urukundo kubera ibyo buriwese agenda atangaza kuri mugenzi we babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo bombi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…