IMYIDAGADURO

King James na Shaddyboo batawe muri yombi

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka  King James na Mbabazi Shadia uzwi nka ShaddyBoo ku mbuga nkoranyambaga batawe muri yombi kubera murenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Advertisements

Kuri uyu wa kane tariki 29 /7/2021 nibwo aba batawe bafashwe n’abandi bantu  bazira kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, bafatirwa mu Karere ka Rutsiro.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abatawe muri yombi ari abantu umunani barimo King Jamus na Shaddy Boo bakaba barafatiwe mu murenge wa Boneza.

Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburengerazuba CIP Bonaventure Twizere Karekezi yabwiye Radiyo Isangano ati: “Yego nibyo batawe muri yombi ari abantu umunani kubera ko barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID 19,batawe muri yombi tariki 29 z’ukwa 7 bari hariya ku kiyaga cya Kivu mu murenge wa Boneza”.

CIP Bonaventure akomeza agira ati: “Amazina yose keretse umpaye umwanya nkabanza kuyareba ariko harimo uzwi ku izina rya King James ndetse n’undi uzwi ku izina rya Shaddy Boo, igikurikiraho ni uko bahanwa.”

RBA yatangaje ko King James na Shaddyboo barenze ku mabwiriza bagiye mu bikorwa by’ubucuruzi muri aka karere. Gusa Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Karekezi Bonaventure avuga ko bafashwe bari mu nzu imwe ya Maison de Passage bari mu busabane banywa inzoga.

Akarere ka Rutsiro ni kamwe   mu turere tumaze iminsi 14 muri gahunda ya Guma mu rugo bitewe n’imibare y’abandura COVID 19 yakomeje kwiyongera.

Umuhanzi King James yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi bantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Shaddyboo yatafanwe n’abandi bantu barenze ku mabwiriza ya COVID-19
King James na ShaddyBoo bafatiwe mu karere ka Rutsiro

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago