UBUZIMA

WHO yahaye u Rwanda amacupa 225 akoreshwa mu guha abarwayi umwuka wa oxygen

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO), ryatangaje ko ryahaye u Rwanda amacupa 225 akoreshwa mu guha abarwayi umwuka wa oxygen azifashishwa cyane mu kwita ku barwayi ba COVID-19 bakeneye kunganirwa mu guhumeka.

Ishami ry’uyu muryango mu Rwanda ryatangaje ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’isesengura ryihuse ryakozwe ku bukenerwe bw’umwuka, bukomeza kwiyongera cyane mu bigo bivurirwamo abanduye COVID-19.

Advertisements

Rikomeza riti “Bizifashishwa mu kwita ku barwayi ba COVID-19 barembye.”

Ayo macupa n’ibikoresho bijyana nayo byahawe u Rwanda bifite agaciro ka $112,806 nk’uko WHO Rwanda yabitangaje, ni ukuvuga asaga miliyoni 113 Frw.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) Dr. Nsanzimana Sabin yashimiye WHO mu Rwanda, ku nkunga yatanze.

Iyi nkunga Yakiriwe mu gihe u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu bihanganye n’ubwiyongere bukabije bw’ubwandu bushya bwa COVID-19 kimwe n’abantu baremba biyongereye cyane, bitewe na Coronavirus yihinduranyije ya Delta, yagaragaye bwa mbere mu Buhinde.

Minisiteri y’Ubuzima iheruka gutangaza ko ubwo ubwandu bushya bwatangiraga kuzamuka cyane muri Kamena 2021, umwuka uhabwa indembe za COVID-19 wikubye inshuro 10 ugereranyije n’uwakoreshwaga uko kwezi kugitangira.

Mu kwezi gushize Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko nubwo umwuka uhabwa indembe wari ukiboneka mu buryo buhagije, harimo kongerwa imbaraga binyuze mu kugura imashini nshya.

Yagize ati “Uko abarwayi biyongera birasaba umwuka mwinshi, mu bihe bishize twaguze imashini nyinshi zigera muri 26 zifite ubushobozi bwo gutanga litiro 2000 ku isaha.”

Icyo gihe yavugaga ko icumi zamaze kuhagera, naho icumi ziri mu nzira.

Yakomeje ati “Bizongera ubwo bushobozi bwo kuba twafasha abantu benshi cyane bakeneye umwuka. Nibyo uko ubwandu bwiyongera abaremba bariyongera, abakenera ubufasha bw’umwuka n’ibindi byo kwa muganga bariyongera.”

Imibare yo ku wa 9 Kanama 2021 igaragaza ko abantu bashya bagiye mu bitaro bari 13, mu gihe abagiyemo mu minsi irindwi ishize ari 120, barimo 46 barembye.

Abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize kiriya cyorezo ni 898, barimo 67 bapfuye mu minsi irindwi ishize.

Muri rusange abamaze gusangwamo COVID-19 mu Rwanda ni 76,645 barimo 62,116 bakize.

WHO yahaye u Rwanda amacupa 225 akoreshwa mu guha abarwayi umwuka wa oxygen

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago