UBUZIMA

Abatarakingiwe COVID-19 bashobora kujya bakumirwa mu bikorwa bimwe

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yavuze ko hari abantu batarimo kwikingiza COVID-19 kandi bafite amahirwe yo kubikora, aca amarenga ko mu minsi iri imbere hari ahantu henshi batazaba bemerewe kujya.

Muri iki gihe ngo harimo gukingirwa abantu barengeje imyaka 40 n’abandi bakora imirimo ituma bahura n’abantu benshi haherewe mu Mujyi wa Kigali, ndetse no mu ntara birakorwa nubwo bitari ku rwego nk’urwo mu mujyi.

Minisitiri Ngamije yaburiye abantu batarimo kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kwikingiza.

Yagize ati “Hari abakozi usanga bavuga bati ‘nzaba njyayo ejo’, ugasanga umukoresha na we ntabishyizemo ingufu, ariko ikigaragara ni uko igihe kizagera tujye twibutsa abantu tuti ‘ariko wari ukwiriye kuza hano hantu warakingiwe, kuko kuza utarakingiwe twaraguhaye amahirwe yo gukingirwa, uri kuza guteza ibyago bagenzi bawe ahangaha.”

“Abantu rero begutegereza uwo munsi tuzashyiraho iryo tangazo ko nta we ujya ku kazi, nta we ujya ku isoko atagaragaje ko yakingiwe, kuko amahirwe yo gukingirwa muri Kigali arahari, n’ahandi kandi niho bigana, mu turere bekugira ngo bazacikanwa. Inkingo turi kuzishaka kandi zizaboneka, hose tuzahagera duhereye ahantu hakunda kugaragara ubwandu.”

Si ibyo mu Rwanda gusa. Mu bihugu byinshi abantu bakingiwe COVID-19 ntabwo barimo guhabwa ubwisanzure bungana n’ubw’abatarakingirwa, haba mu ngendo zijya mu mahanga, mu mashuri, kwitabira ibikorwa bihuza abantu benshi, kujya mu tubari n’ibindi.

Kugeza kuri uyu wa Gatatu abaturarwanda bamaze gukingirwa bari ibihumbi 729, barimo abantu ibihumbi 48 bakingiwe kuri uyu wa Gatatu.

Intego ni ugukingira hejuru ya 60 ku ijana by’abaturarwanda mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yaciye amarenga ko abatarakingiwe COVID-19 bashobora kujya bakumirwa mu bikorwa bimwe na bimwe

DomaNews

Recent Posts

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

2 hours ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

5 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

7 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

9 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago